RDC: Inyeshyamba za ADF zikomoka muri Uganda zirashinjwa kwica abantu 12 zibatemaguye

Sangiza iyi nkuru

Abantu byibura cumi na babiri bishwe batemaguwe n’abantu bakekwa kuba ari inyeshyamba z’abagande mu burasirazuba bwa Repubulika iharanira demokarasi ya Congo.
Nk’uko bitangazwa na BBC dukesha iyi nkuru, Abategetsi ba Congo barashinja inyeshyamba zo mu mutwe wa ADF ubwo bwicanyi bwabereye mu mirenge itatu iri hafi y’umujyi wa Beni mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru, zikaba zabishe zibatemaguye n’intwaro za gakondo.
Uyu mutwe ushinjwa kuba inyuma y’impfu z’abantu babarirwa mu magana mu burasirazuba bwa Republika iharanira demokarasi ya Congo mu mezi 18 ashize.
ADF
Aka karere kamaze imyaka myinshi kavugwamo umutekano muke uterwa n’imitwe y’inyeshyamba ihatanira kugenzura ibirombi by’amabuye y’agaciro, amashyamba n’ubutaka.
Inyeshyamba za ADF/Nalu zikomoka muri Uganda zari zarashyizwe mu gatebo kamwe na FDLR nk’inyeshyamba zikomeje guhungabanya umutekano wa Congo ndetse biteganywa ko zigomba gusenywa burundu izina ryazo rikazimanganywa ku butaka bw’icyo gihugu nk’uko byari biteganyijwe mu bitero bise “Sokolo” bategurwaga mu mwaka ushize wa 2015.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Nsengiyumva Philipe/Bwiza.com
 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *