Attaque

RDC: Inyeshyamba za ADF zishe abasaga 40 mbere yo gutwika inzu 44

Sangiza iyi nkuru

Teritwari ya Mambasa mu Ntara ya Ituri ikomeje kumenekamo amaraso no kwangirika kw’imitungo myinshi kubera ibitero bya hato na hato by’intagondwa ziyitirira idini ya Islam zo mu mutwe wa ADF.

Kuri uyu wa Kane, itariki ya 2 Mata 2026, ADF yagabye ikindi gitero ihitana abantu mirongo kandi yangiza ibintu byinshi muri kariya gace k’igihugu, kayobowe n’ubuyobozi bwa gisirikare, bwashyizweho hagamijwe kugarura amahoro n’umutekano.

Nyuma y’amakuru yaturutse mu nzego z’ibanze, Guverinoma ya Repubulika ya Demokarasi ya Congo yasohoye itangazo kuri iki kibazo ishingiye ku makuru yatanzwe n’umuvugizi w’urwego rw’ibikorwa bya gisirikare muri Ituri.

Nk’uko byatangajwe n’Umuvugizi wa Guverinoma, Patrick Muyaya, mu kiganiro n’abanyamakuru cyabaye kuri uyu wa Kane, itariki ya 2 Mata 2026, iki gitero cyahitanye abantu 43, hatwikwa inzu 44 kandi hangizwa ibintu byinshi.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *