RDC: Inyeshyamba za ADF zivuganye abaturage 9 bucya ari Noheri

Sangiza iyi nkuru

Abantu 9 kuri uyu wa Gatandatu, itariki 24 Ukuboza, biciwe mu gace ka Mapiki ko muri Beni mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru, mu gitero cyagabwe n’inyeshyamba bikekwa ko ari izo mu mutwe wa ADF.

Nk’uko ababibonye babitangaje, batanu mu bantu 9 bishwe bicishijwe imihoro mu gihe abandi bane bicishijwe amasasu.

Iyi nkuru dukesha Radio Okapi iravuga ko iki gitero cyagabwe mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatandatu ahagana ku isaha ya saa yine, aho bivugwa ko inyeshyamba zinjiye mu murima w’ingazi zigasanga abaturage bari gusarura imbuto zikabacamo amatsinda abiri.

Itsinda rya mbere ngo ryicishijwe imihoro, naho irindi ryicishwa amasasu. Sosiyete sivile yo muri aka gace yatanze aya makuru yamaganye iki gitero gishya cyakozwe bucya ari Noheri.

[xyz-ihs snippet=”google-pub”]

Ubwo Radio Okapi yabazaga umuyobozi wa Teritwari ya Beni, Amisi Kalonda, yemeje aya makuru, yongeraho ko ingabo za leta zakurikiranye izo nyeshyamba.

Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter

Dennis Ns./Bwiza.com

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *