Igisirikare cya Leta ya Congo (FARDC) gitangaza ko cyatsimbuye mu birindiro inyeshyamba za FOREBU zikomoka mu Burundi, zikaba ziyobowe na Gen Niyombare wari ugiye guhirika ku butegetsi Perezida Nkurunziza.
Izi nyeshyamba zari zifite ibirindiro i Mangwa, gurupoma ya Muhungu muri Kivu yâAmajyepfo, muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ngo zikaba zaragabweho igitero zirahava, bimwe mu byazo zirabihata.
Nkâuko bitangazwa na SOS Media Burundi, ngo umwe mu basirikare ba Congo yabatangarije ko âImbunda nâamasasu yabo byafashweâ.
Igisirikare cya Congo, gitakaza kandi ko nta musirikare wacyo wahasize ubuzima, kigashimangira ko ku ruhande rwa FOREBU hari byinshi byangijwe, harimo nâabahaburiye ubuzima ariko imibare ikaba itaramenyekana.
Igisirikare cya Congo, cyemeza ko cyahagurukiye imitwe yâinyeshyamba zikomoka i Burundi, ikomeje kwidegembya muri Kivu yâAmajyepfo, cyane cyane muri Teritwari ya Uvira.
FARDC itangaza ko yavanye mu birindiro inyeshyamba za Red Tabara i Mulenge, Kiryama, Kivuzampengere, Bibangwa na Gitoga. Ku ruhande rwa Red Tabara bahakanye bavuga ko nta gitero bigeze bagabwaho.


