RDC: Inyeshyamba zasabye ipeti risumba ayandi kugira ngo zirambike intwaro

Sangiza iyi nkuru

Abayobozi b’imitwe y’inyeshyamba itanu ibarizwa mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demukarasi ya Congo, basabye leta kubaha ipeti rya ‘General’ kugira ngo barambike intwaro.

Aba bayobozi ni ab’imitwe nka RENE na MAKANAKI ikorera muri Uvira, NYERERE ukorera muri Kiliba na Runingu hafi y’umugezi wa Ruzizi, KASHUMBA ukorera muri Gurupoma ya Muhungu muri Uvira na ILUNGA ukorera mu misozi ya Masango.

Nk’uko Radio Okapi yabitangaje, aba barwanyi babivugiye mu biganiro bigamije gusaba imitwe nk’iyi kurambika intwaro, bamaze iminsi itanu bagirana n’amatsinda ayobowe na Yannick Lutandila uhagarariye Perezida Tshisekedi muri iki gikorwa kigamije kugarura amahoro.

Aba barwanyi bemeye ko bashobora kurambika intwaro, ariko bakabanza kwemererwa kujya mu gisirikare cy’igihugu, hanyuma bagahabwa iri peti risumba ayandi mu gisirikare cya RDC, bari basanganwe nk’inyeshyamba.

Aba basirikare kandi basabye ko bamwe mu barwanyi babo mu gihe baba basubiye mu buzima busanzwe bwa gisivili, bahabwa ubufasha bugaragara.

Ubusabe bw’aba barwanyi bwohererejwe Perezida Tshisekedi, bakaba bateregereje icyemezo azafata.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *