RDC irasaba UN, AU n’indi miryango gufatira u Rwanda ibihano

Sangiza iyi nkuru

Minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC), Christophe Lutundula arasaba Umuryango w’Abibumbye (UN) gufatira u Rwanda ibihano.

Ni nyuma y’aho itsinda ry’impuguke zigenga za UN zikurikirana ikibazo cy’umutekano muke muri RDC zoherereje akanama ka UN gashinzwe umutekano raporo y’ibanga yemeza ko ingabo z’u Rwanda (RDF) zifatanya n’umutwe witwaje intwaro wa M23.

Minisitiri Lutundula mu kiganiro yagiriye kuri radiyo mpuzamahanga y’Abafaransa (RFI) kuri uyu wa 6 Kanama 2022, yavuze ko nyuma y’aho iyi raporo yemeje ko RDF yifatanya na M23, akanama ka UN gashinzwe umutekano gakwiye gufatira u Rwanda ibihano.

Yagize ati: “Ibisigaye byo gukora ni uko akanama gashinzwe umutekano kasuzuma raporo, kagafata ibyemezo mu rwego rw’ibihano, mu rwego rwo gufasha: RDC kurandura kanseri y’imitwe yitwaje intwaro, umuryango wa Afurika yunze ubumwe, umuryango wa Afurika y’iburasirazuba n’uw’akarere k’ibiyaga bigari bisaba ko M23 yava mu bice yafashe.”

Minisitiri Lutundula kandi asaba ko mu gihe aka kanama kaba kamaze gufatira u Rwanda ibihano, umuryango wa Afurika yunze ubumwe n’imiryango yo mu karere nka EAC na ICGLR, yarufatira ibihano.

Umuvugizi wa guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, aherutse gutera utwatsi iyi raporo, asobanura ko igamije kuyobya uburari, abishingiye ku kuba itarashyizwe ku karubanda, no kuba yarasohotse mu gihe kitateganyijwe, kandi yaragombaga gusohoka mu Kuboza 2022.

Makolo yanahamije ko mu gihe ikibazo cya FDLR yemeza ko yifatanya n’ingabo za RDC kitarakemuka, akarere k’ibiyaga bigari katazagira umutekano, yongeraho ko u Rwanda rufite uburenganzira bwo kurinda ubutaka bwarwo n’abaturage barwo kugira ngo ikibi kitabihungabanya.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *