Urugamba rw’ukuri ku matora y’umukuru w’igihugu yabaye mu mpera z’umwaka ushize muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, ngo ntirarangira mu ihuriro Lamuka, aho mu nama yaryo yo kuri uyu wa Kabiri, itariki 30 Nyakanga I Lubumashi, ryongeye kwemeza ko ari ryo ryatsinze amatora yo kuwa 30 Ukuboza 2018 kandi rikaba rikomeje kwamagana ihimbwa ry’ibyavuye matora ryakozwe na CENI bigahabwa umugisha n’Urukiko rushinzwe kurinda itegeko nshinga.
Nyuma yo gusuzuma uko ibintu byifashe muri rusange mu gihugu no gushyiraho ingengabihe y’ibikorwa n’ibyo iteganya mu minsi iri imbere, abayobozi ba Lamuka: Moise Katumbi, Adolph Muzito, Martin Fayulu na Jean-Pierre Bemba, wari uhagarariwe na Eve Bazaiba, bongeye kwamagana kuba urukiko rushinzwe kurinda itegeko nshinga rwaranze kwemeza abadepite babo.

Ubuyobozi bwa Lamuka bukaba bwatangaje ko bugiye gukomeza kwigisha Abanyekongo impinduka muri demokarasi na politiki zigendeye ku kuri kw’amahitamo y’abatora nk’uko urubuga politico.cd dukesha iyi nkuru ruvuga.
Nubwo atabashije kugera I Lubumbashi, Jean-Pierre Bemba, uherutse kugirwa umwere n’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha, yatorewe kuba umuhuzabikorwa mushya wa Lamuka kuva muri Kanama kugeza mu Ukwakira 2019. Akaba asimbuye kuri uyu mwanya Moise Kayumbi wasoje manda ye.


