Kuri uyu wa Gatanu, itariki ya 12 Nzeri, Urukiko Rukuru rwa Gisirikare muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo ruzatanga umwanzuro warwo mu rubanza ruregwamo Joseph Kabila wahoze ari perezida nk’uko byatangajwe n’umwanditsi w’uru rukiko.Â
Mu iburanisha ryo ku itariki ya 22 Kanama, umushinjacyaha yari yasabiye Kabila igihano cy’urupfu kandi asaba abacamanza gutegeka ifatirwa ry’umutungo w’uwahoze ari perezida, ndetse no gutabwa muri yombi bidatinze nk’uko bitangazwa na Actualite.cd.
Kuva urubanza rwatangira, iburanisha ryabaye uregwa, Joseph Kabila Kabange, adahari. Uwahoze ari umukuru w’igihugu ashinjwa ibyaha byinshi birimo ubugambanyi, kugira uruhare mu mutwe w’inyeshyamba (AFC / M23), gucura umugambi mubisha, no guha ishingiro iterabwoba.
Urubanza rwabaye rukurikira icyemezo cyatanzwe na Minisitiri w’ubutabera, na Sena, yabarizwagamo nka Senateri ubuzima bwe bwose nk’uko biteganywa ku wabaye umukuru w’igihugu, igiha umugisha.
Ibi birego byazanywe na guverinoma ya Perezida FĂ©lix Tshisekedi, byamaganwe cyane n’abari hafi y’uwahoze ari perezida, bamagana “itotezwa rishingiye kuri politiki” ryateguwe kugira ngo begezeyo utavuga rumwe n’ubutegetsi ukomeye.


