Uwari Visi Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko ya Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC), Jean-Marc Kabund uherutse kwegura avuga ko yanze agasuzuguro, yisubiyeho, yemera gusubira kuri iyi nshingano.
Kabund usanzwe ari na Perezida w’inzibacyuho w’ishyaka UDPS riri ku butegetsi, tariki ya 13 Mutarama 2021 ni bwo yatangarije ku rubuga rwa Twitter ko yeguye ku mirimo y’Inteko.
Ni icyemezo yafashe nyuma y’aho abasirikare barinda abayobozi bakuru bazi nka ‘GP’ bari bamaze umunsi umwe bateye urugo rwe, bagata muri yombi abapolisi bose bamurinda, babaziza gukubita mugenzi wabo.
Kabund yagize ati: “Kuri uyu munsi mfashe icyemezo cyo kwegura ku nshingano zanjye za Visi Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko. Bityo hagiye gufungurwa urupapuro rushya rw’amateka, ruzandikwaho n’ibyuya by’uruhu rwacu bitemba buri munsi bakorerwa itotezwa, basuzugurwa, bakanicwa urubozo.”
Soma iyi nkuru https://bwiza.com/?RDC-Kabund-yeguye-ku-mirimo-ye-nyuma-y-umunsi-umwe-urugo-rwe-rutewe-n-abajepe
Keretse kuba yarabitangarije kuri Twitter, akanabimenyesha abanyamuryango ba UDPS, ntabwo Kabund yigeze yegura mu buryo buteganywa n’amategeko.
Mu gihe hari hategerejwe ko ashobora kwegura mu buryo buteganywa n’amategeko, Umuyobozi w’Ibiro bya nka Visi Perezida w’Inteko, Emmanuel Kahaya kuri uyu wa 20 Mutarama, yatangaje ko ubwegure butakibaye.
Kahaya nk’uko tubikesha Radio Okapi, yasobanuye ko kwisubira kwa Kabund kwatewe n’amajwi y’abaturage yabimusabye. Yagize ati: “Ijwi ry’abantu iteka riratsinda. Ubwegure ntabwo bukibaye. Perezida Jean-Marc Kabund Kabund yumvise buri kimwe. Urupapuro rw’amateka rwamaze kubumburwa mu buryo budashidikanywaho.”


