RDC: Kwanga gufata urukingo rwa Covid-19 kwa Perezida Tshisekedi kwaciye igikuba

Sangiza iyi nkuru

Amakuru aturuka mu nzego z’ubuzima akomeje gukwirakwira aravuga kuri Perezida wa Repubulika ya Demokarasi ya Congo, Felix Tshisekedi, n’urukingo rwa AstraZeneca. Perezida Tshisekedi biravugwa ko atarikingiza kandi akomeje kunenga uru rukingo avuga ko atizeye. Ibi bikaba bihabanye n’imbaraga guverinoma ikomeje gushyiramo ngo ishishkarize abaturage kwemera gukingirwa icyorezo cya Covid-19 gikomeje kubica bigacika hirya no hino ku Isi.

Kugaragaza aho ahagaze kuri uru rukingo kwa Perezida Tshisekedi rero kwamukururiye kwibasirwa bikomeye anengwa. Ku ruhande rumwe nk’uko iyi nkuru dukesha RFI ivuga, umukuru w’igihugu yanze kwikingiza, ariko ku rundi yatangije ubukangurambaga bwo gukingira abaturage basigaye b’igihugu cye.

Benshi bifuzaga kubona umukuru w’igihugu afata iya mbere mu gufata urukingo.

Umunyapolitiki Martin Fayulu wari uhanganye na Tshisekedi mu matora aheruka ati “ Njye ubwanjye nafashe inshingano zanjye ndikingiza ku itariki 10 Kamena kugirango ntange urugero Abanyekongo batere ikirenge mu cyanjye.”

Undi munyapolitiki witwa Seth Kikuni, nawe utarahiriwe mu matora yo mu 2018, we yahamagariye Abanyekongo kutazatinyuka kongera gutora Tshisekedi mu matora yo mu 2023.

Perezida Tshisekedi kandi yananenzwe n’abadipolomate bakorera i Kinshasa. Umwe mu bambasaderi ba kimwe mu bihugu byo muri Afurika utifuje ko amazina ye atangazwa yagize ati “ Nka Perezida wa Afurika Yunze Ubumwe yakagombye kwitwara ukundi,”

Iyi nkuru ikaba inibutsa ko uru rwego rubumbiye hamwe ibihugu bya Afurika rwatumije ku bwinshi inkingo za AstraZeneca ndetse rwazakiriye ku bwinshi mu mugambi wa Covax.

Ikigo cy’igihugu gishinzwe ubushakashatsi mu by’imiti muri RDC (INRB), ngo ntabwo batinyuka kunenga umukuru w’igihugu ku mugaragaro, ariko impuguke zimwe rwihishwa zinenga ahantu ahagaze ku rukingo zivuga ko bishobora kugira ingaruka kuri gahunda yose y’ikingira.

Ibi biravugwa kandi mu gihe ibitaro byagenewe kwakira abarwayi ba Covid ya 19 muri iki gihugu byarengewe kandi umubare w’abandura ukomeza kuzamuka.

Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV->https://www.youtube.com/channel/UC_Wx4Sy2IawVLtp5-QMRhnQ]

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *