RDC: Leta irashinja Loni kuba nyirabayazana y’ishimutwa ry’abakozi bayo

Sangiza iyi nkuru

Umuvugizi wa Guverinoma ya Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo yanenze cyane Umuryango w’Abibumbye awushinja kuba ari wo wagize uruhare mu ishimutwa ry’abakozi bawo baherutse gushimutirwa muri Kasai ku Cyumweru gishize, avuga ko guverinoma yabo itari yamenyeshejwe ko bari mu gihugu.

Umunyamerika Micheal Sharp n’Umunyasuede, Zahida Katalin ndetse n’abakongomani bane bari babaherekeje, bashimutiwe mu Ntara ya Kasai yo Hagati.

Ubutumwa bw’Umuryango w’Abibumbye muri Congo, Monusco ndetse n’inzego z’umutekano z’iki gihugu zimaze iminsi zishakisha aho aba bantu banyujijwe kuva bamenya aya makuru ariko ntacyo baragraho.

Minisitiri w’itangazamakuru wa Congo akaba n’umuvugizi wa guverinoma, Lambert Mende, mu kiganiro yagiranye na VOA kuri uyu wa Gatatu, yavuze ko guverinoma itigeze imenya ko Sharp na katalin bari mu gihugu, kandi ngo bitanemewe. Yongeyeho ko abakozi ba Loni bemerewe gukora ibikorwa byabo by’ubutabazi ariko ko ari ngombwa kumenyesha abayobozi ko bari mu gihugu.

[xyz-ihs snippet=”google-pub”]

Aha muri Kasai habereye iri shimutwa, hamaze iminsi hanabera amakimbirane hagati y’inzego z’umutekano za Congo ndetse n’imitwe yitwara gisirikare kuva muri Kanama umwaka ushize ubwo ingabo za Congo zicaga umuyobozi gakondo uzwi nka Kamwina Nsapu. Umutwe w’abayoboke be kuri ubu ukorera mu ntara 3 za kasai ndetse no mu Ntara ya Lomami. Abantu basaga 400 bamaze kwicwa mu gihe ababarirwa mu 200,000 bavanwe mu byabo n’ubugizi bwa nabi nk’uko byemezwa n’Umuryango w’Abibumbye.

michael-sharp-for-web_1489617401142_8977159_ver1-0
Micheal Sharp washimuswe

Minisitiri Mende rero yakomeje avuga ko iyo bamenyeshwa ko aba bakozi ba Loni bari muri iki gice baba barabahaye ababaherekeza cyangwa Loni ikamenyeshwa ko hariya hantu hakorera inyeshyamba.

Sharp na Katalin bari bamwe mu bagize itsinda ry’impuguke za Loni muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo riri gukora ubushakashatsi ku makimbirane ari mu gihugu, rigaha raporo Akanama k’Umutekano ka Loni.

Aba kandi bashimuswe mu gihe muri iki gihugu habarizwa ingabo za Loni zisaga 19,000,ariko inyinshi zikaba zibarizwa mu burasirazuba bw’igihugu aho kuba mu gihugu hagati.

Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
 
Dennis Ns./Bwiza.com

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *