Urukiko rusesa imanza rwo muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo, tariki ya 25 Gicurasi 2021 rwasubije Leta inyubako umusirikare w’ipeti rya ‘Major’ yari yarihaye mu buryo butemewe n’amategeko.
Radio na Televiziyo ya RDC dukesha aya makuru, ivuga ko uyu musirikare yihaye iyi nzu mu 1997 ubwo abarwanyi ba AFDL bari bayobowe na Laurent Désiré Kabila bafataga iki gihugu.
Icyo gihe, iyi nzu yari mu maboko y’urwego rw’igihugu rushinzwe inyubaki n’imirimo rusange, INBTP (Institut National du Bâtiment et des Travaux Publics).
Nyuma y’icyemezo cy’urukiko, umuryango w’uyu musirikare utavuzwe izina, tariki ya 26 Gicurrasi 2021 wakuwe mu kibanza iyi nzu iherereyemo, byombi bisubizwa INBTP.
Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV


