RDC: Muri Beni-Butembo na Yumbi nabo batoye nyuma yo kudatora kuwa 30 Ukuboza 2018

Sangiza iyi nkuru

Abaturage basaga miliyoni bo muri Beni-Butembo na Yumbi muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, nabo noneho bahawe amahirwe yo gutora kuri iki cyumweru, nyuma y’aho batabashije gutora mu matora yo kuwa 30 Ukuboza.

Muri iki gice cya Beni-Butembo, mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru, mu burasirazuba bw’igihugu, ntibari bashoboye gutora ku italiki ya 30 Ukuboza kubera icyorezo cya Ebola nk’uko tubikesha Ijwi rya Amerika.

Naho i Yumbi, mu majyepfo y’uburengerazuba bwa Congo, ntibari bashoboye gutora kubera ubwicanyi bukomeye bwabaye hagati y’amoko y’aba-Banunu n’aba-Butende ku italiki 16 na 17 z’ukwezi Ukuboza 2018 bwahitanye abantu amagana.

Kuri iki cyumweru, i Beni-Butembo n’i Yumbi batoye abadepite n’abayobozi b’inzego z’ibanze gusa. Ntibatoye umukuru w’igihugu. Ntacyo byari bimaze kubera ko Urukiko rurengera itegeko nshinga rya Congo rwarangije kwemeza burundu ko Félix Tshisekedi yayatsinze. Tshisekedi yarahiye kuri 24 y’ukwa mbere gushize.

Abadepite 15 bose hamwe batorwa kuri iki cyumweru nabo ntacyo bahindura mu nteko ishinga amategeko nshya kuko amashyaka y’abayoboke ba perezida wa Repubulika wacyuye igihe, Joseph Kabila, bafitemo ubwiganze busesuye cyane.

 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *