RDC: Radio yafunze imiryango nyuma yo guterwa ubwoba n’inyeshyamba

Sangiza iyi nkuru

Radio RPE (Radio du Peuple pour son Education) ivugira Njiapanda, muri Teritwari ya Lubero muri Kivu y’Amajyaruguru, yafunze imiryango yayo kuva ku wa Gatandatu ushize, kubera iterabwoba ryinshi ry’inyeshyamba za Mai-Mai zikorera ku mabwiriza y’uwitwa Dragon muri aka karere.

Umwanditsi mukuru w’iki gitangazamakuru, avugana kuri uyu wa Mbere, itariki ya 21 Nzeri 2020, na 7SUR7.CD, yavuze ko ku wa Gatandatu ushize, inyeshyamba ya Mai-Mai yinjiye aho radiyo ikorera agatanga amabwiriza yo gufunga imiryango bitaba ibyo akica abanyamakuru bari mu kazi kabo gasanzwe. Kuva icyo gihe, ubuyobozi bwa RPE bwafashe icyemezo cyo guhagarika gutangaza kubera impungenge z’umutekano w’abakozi bayo.

Ati: “Radiyo yagombaga gufunga imiryango kubera gutinya guhanwa n’inyeshyamba. Muri iki gitondo, nakiriye telephone y’umuyobozi wungirije ngo dutegure inama yihutirwa n’umuyobozi w’intumwa ya guverineri ishinzwe Umurenge wa Bapere kugira ngo ndebe turebe uko twarindira umutekano abanyamakuru. Kugeza ubu radiyo ntacyo irigutangaza “, ibi yabivugiye aho yari yihishe nk’uko iyi nkuru ivuga.

Aya makuru kandi yemejwe na sosiyete sivile ku muhanda Butembo-Manguredjipa, ivuga ko “yambuwe uburenganzira bwo kubona amakuru”.

Ati: “Hariho umuntu wa Mayi-Mayi wizerwa na Dragon wageze kuri radio kandi byababaje abanyamakuru. Ubutumwa bwacu nuko Mai-Mai ishobora kwitoza ikinyabupfura kandi igategereza ‘demobilisation’. Ntibakajye mu bintu bishobora kubateza ibibazo “, ibi bikaba byavuzwe na Gerlance Kayitsupa, perezida w’iyi sosiyete sivile.

Biravugwa ko iri terabwoba ari irya gatatu kuva RPE yatangira gukorera muri Teritwari ya Lubero. Benshi mu barwanyi ba Mai-Mai bumva bababajwe n’amakuru abavugwaho n’iki gitangazamakuru. Umwanditsi mukuru wa RPE akaba asaba ko umutekano wakongerwa aho bakorera.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *