RDC: Tugiye guhamagarira ku mugaragaro Abanyekongo kwirukana perezida Kabila — Moise Katumbi

Sangiza iyi nkuru

Umunyapolitiki Moise Katumbi utavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Congo, aremeza ko perezida Kabila nadategura amatora kuwa 31 Ukuboza hazatangira guverinoma y’inzibacyuho kandi Kabila atayirimo.

Kuri uyu wa kabiri, itariki 26 Nzeri, Moise Katumbi akaba yahamagariye abanyekongo kuzigabiza imihanda perezida Kabila naramuka yanze kuva ku butegetsi ngo ategure amatora uhereye ubu kugeza kuwa 31 Ukuboza.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]

Mu kiganiro yahaye France 24 Moise Katumbi yagize ati: “ Nihataba amatora, perezida Kabila agomba kugenda kuwa 31 Ukuboza. Kandi tugiye guhamagarira abantu kujya mu mihanda kubera ko itegeko nshinga ribyemera .”

Yakomeje agira ati: “ Niba perezida Kabila adateguye amatora kuwa 31 Ukuboza, hazabaho inzibacyuho nta Kabila. Tugiye guhamagarira ku mugaragaro abanyekongo kwirukana perezida Kabila .”

Moise Katumbi yishingikirije ingingo ya 64 y’itegeko nshinga, yavuze ko buri munyekongo afite inshingano zo gutesha umuntu wese cyangwa agatsiko k’abantu bashaka gufata ubutegetsi ku ngufu cyangwa ababukoresha bahonyora ibiteganywa n’itegeko nshinga.

Uyu munyapolitiki wahoze ari Guverineri w’Intara ya Katanga, yongeyeho ko perezida kabila naramuka arekuye ubutegetsi ku neza azaguma mu gihugu kandi akaba senateri ubuzima bwe bwose uzamusimbura agakomereza aho yari agereje.

Katumbi wahoze ari umuntu wa hafi wa perezida Kabila, yaje kwiyunga ku ruhande rutavuga rumwe n’ubutegetsi muri Nzeri 2015, kuri ubu akaba aba hagati y’u bubiligi n’u bufaransa nyuma yo gukatirwa gufungwa imyaka 3 atari mu gihugu azira kugurisha umutungo ngo utari uwe.

Kuri ubu isi yose ikaba ihanze amaso Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo nyuma y’aho perezida kabila yangiye kurekura ubutegetsi nyuma ya manda ya 2 yemerewe n’itegeko nshinga yarangiye kuwa 20 Ukuboza 2016 ariko kugeza ubu hakaba hatarategurwa andi matora.

Abatavuga rumwe n’ubutegetsi bifuza ko perezida Kabila yaba yavuye ku butegetsi bitarenze impera z’uyu mwaka wa 2017 nk’uko babyemeranyije mu masezerano yashyizweho umukono kuwa 31 Ukuboza 2016.
 
Kanda hano ubone amakuru yihuse kandi ku gihe kuri Facebook no kuri twitter
 
Dennis Ns./Bwiza.com

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *