IMG-20250106-WA0384

RDC: Ubutabera buvuga ko bwasubije nyiracyo ikibanza cyabagamo icyicaro cy’ishyaka rya Kabila

Sangiza iyi nkuru

Kuri uyu wa Gatatu, itariki ya 23 Mata, ubutabera bwa Congo buravuga ko bwasubije ku mugaragaro umugore witwa Serana ikibanza cye giherereye ku muhanda wa Pumbu n ° 22-24, muri Komini ya Gombe i Kinshasa. Ngo uyu mutungo wari umaze imyaka 23 warigaruriwe mu buryo butemewe na Gloria Mteyu, mushiki w’uwahoze ari Perezida Joseph Kabila, wari warahashinze icyicaro cy’ishyaka Parti du Peuple pour la Reconstruction et la Démocratie (PPRD).

Iki cyemezo bivugwa ko kiri mu ruhererekane rw’ingamba zikomeye zafashwe n’abayobozi ba Congo ku begereye Kabila n’ibikorwa bye. Guverinoma ivuga ko yiyemeje kugendera ku mategeko nk’uko byatangajwe na Jacquemain Shabani, Minisitiri w’intebe wungirije akaba na minisitiri w’umutekano w’imbere mu gihugu (cyangwa ubutegetsi bw’igihugu), uherutse guhagarika ibikorwa byose by’ishyaka PPRD, ashinja Joseph Kabila kuba yarasuye Kigali, umurwa mukuru w’u Rwanda, igihugu abategetsi ba Congo bafata nk’umwanzi.

Ku rwego rw’ubucamanza, Minisitiri w’ubutabera, Constant Mutamba, yatangaje ko hafunguwe dosiye ku wahoze ari perezida nk’uko tubikesha urubuga laplumeinfos.net. Araregwa “kugira uruhare rutaziguye” mu bitero byitwaje intwaro bikorwa n’u Rwanda binyuze mu mutwe w’inyeshyamba za M23 mu burasirazuba bw’igihugu. Ingamba zo gufatira imitungo no kugabanya ingendo ze byamaze gutegekwa kuri we.

Mu gusubiza icyo kibanzai, Minisiteri y’Ubutabera ngo ntabwo igamije gusa gukosora akarengane kamaze imyaka irenga makumyabiri, ahubwo inashimangira ko guverinoma yiyemeje kubahiriza uburenganzira ku mutungo nk’uko biteganywa n’ingingo ya 34 y’Itegeko Nshinga. Minisitiri yongeye gushimangira akamaro ko gushyira mu bikorwa ibyemezo by’urukiko, hatitawe ku bantu babigizemo uruhare.

Iki kibazo cyerekana impinduka zikomeye muri politiki, kubera ko inzego za Congo zisa nk’izishaka kurangiza umurage wa Kabila no gushimangira ububasha bwa Leta imbere yo kudahana ndetse n’ibibazo by’umutekano imbere mu gihugu.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *