Mu ijoro ryo kuwa gatanu rishyira kuwa gatandatu, mu Murenge wa Busendu, mu birometero 10 uvuye muri Rutshuru ho muri Kivu y’Amajyaruguru, umuntu umwe yishwe n’inyeshyamba zari zateze igico, abandi bantu 7 bari mu modoka yaguye muri uwo mutego barakomereka mu gihe abandi bantu batatu barimo umuganga bashimuswe.
Ahitwa Ntamugenga, igiturage cyo muri Bweza, naho umupadiri witwa Jean de Dieu Kasereka Kanefu nawe yashimuswe muri iryo joro.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Uyu mupadiri washimuswe nk’uko bitangazwa na Radio Okapi, ngo yari mu biruhuko acumbitse mu icumbi ry’ababikira rya Ntamugenga, aho ngo yashimuswe akajyanwa ahantu hataramenyekana n’abantu bitwaje intwaro.
Amakuru akaba avuga ko iryo shimuta ryigambwe n’umutwe ukorera muri ako karere uri gusaba 20,000$ ngo urekure uwo mupadiri.
Muri iryo joro ryo kuwa gatanu kandi muri Centre ya Rutshuru, umujura witwaje imbunda yagerageje kwiba mu icumbi ry’ababikira rya Lycee Mapema ariko ateshwa n’abaturage bamuvugirije induru arahunga.
Amakuru ava muri Rutshuru akaba yemeza ko gufunga ibirindiro bya MONUSCO ahitwa Katale, byatumye ubujura, ubusahuzi, ubushimusi n’ubundi bugizi bwa nabi byongeye kubura ku muhanda, Goma-Rutshuru-kanyabayonga na Rutshuru-Ntamugenga.
Ibi ngo bikaba bikorwa mu gihe hashyizweho komite z’abaturage zishinzwe kwicungira umutekano nk’uko amakuru akomeza avuga.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Dennis Ns./Bwiza.com


