RDC: Umusirikare yarashe abantu batanu bari mu kiriyo

Sangiza iyi nkuru

Umusirikare wa Leta ya Congo yarashe abantu batanu bari mu kiriyo mu ijoro ryo ku wa Gatandatu rishyira iryo ku Cyumweru tariki ya 18 Ugushyingo 2018. Ni amahano yabereye i Tshikapa, Intara ya KasaĂ ÂŻ muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Ubuyobozi bwa Polisi muri Tshikapa bwagize buti “Umusirikare yagiye mu kiriye ahera ko amisha urufaya rw’amasasu mu kivunge cy’abantu, babiri bahita bapfira aho abandi barakomereka, mu gitondo cyo ku Cyumweru abandi batatu bapfiriye mu bitaro kubera ibikomere barimo n’umusirikare”.

Mu gihe butangaza ko umubare ushobora kwiyongera bitewe n’abakomerekejwe cyane, ngo icyaba cyateye uyu musirikare kurasa izi nzirakarengane ngo ntabwo cyari cyamenyekana.  

Umwe mu batangabuhamya yagize ati “umusirikare yatangiye yaka amafaranga abari bateraniye mu kiriyo, umwe muri bagenzi be aramubuza, arakara ubwo ahita arasa urufata babiri bahita bapfa abandi barakomereka. Abaturage bari aho bashaka kwihorera mu gihe bakekaga ko ari igitero kigabwe mu muryango wabo”.

Ikinyamakuru cyo muri Congo, Actualite.CD, gitangaza ko cyagerageje guhamagara umuyobozi mukuru w’aka karere ka Tshikapa, à‰douard Dikenga, yanga kugira byinshi avuga kuri ubu bugizi bwa nabi, aho yagize ati “Ndi kwa muganga kureba inkomere ndaza kubavugisha nyuma”. Umusirikare wakoze iki cyaha we ngo akaba yatawe muri yombi na bagenzi be.

 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *