Urukiko rwa gisirikare mu burasirazuba bwa Congo rwakatiye igihano cy’urupfu umuyobozi w’inyeshyamba mu gihe abo bareganwaga bakatiwe hagati y’imyaka 3 na 15 y’igifungo.
Uyu witwa Guylain Mumbere Kitambala, wari umuyobozi wa Mai-Mai yashinjijwe gutunga intwaro mu buryo bunyuranyije n’amategeko no kugira uruhare mu bikorwa byo guhungabanya umutekano w’igihugu, akatirwa igihano cy’urupfu.
Iki gihano akaba yaragihawe kuri uyu wa Gatandatu, itariki 13 Mutarama, n’Urukiko rwa Gisirikare rwo muri Beni, ho mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru.
Africanews dukesha iyi nkuru ikaba ivuga ko abandi bantu 16 bareganwaga bakatiwe igifungo kiri hagati y’imyaka 3 na 15.
Iyi nkuru irakomeza ivuga ko muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo igihano cy’urupfu kitarashyirwa mu bikorwa kuva mu 2002, ahubwo ugikatiwe ugasanga afungwa ubuzima bwe bwose kubera ikitwa moratorium mu ndimi z’amategeko.
Umutwe wa mai- Mai washinzwe hagendewe ku bwoko havugwa ko abawugize bagamije kwirinda. Uburasirazuba bwa Congo by’umwihariko intara za Kivu zombie zikaba zarakunze kurangwamo ubugizi bwa nabi n’ubwicanyi bikorwa n’imitwe yitwaje ibirwanisho ihakorera kuva mu myaka isaga 20 ishize.
Dennis Ns./Bwiza.com


