Mbere y’icyemezo cy’urukiko mu rubanza rw’uwahoze ari Minisitiri w’ubutabera, Constant Mutamba, mu ijoro ryo ku wa Mbere rishyira kuri uyu wa Kabiri, itariki ya 2 Nzeri 2025, urugo rwe rwagabweho igitero n’inzego z’umutekano. Nk’uko byatangajwe n’ishyaka Nogec, abereye perezida, abasirikare n’abapolisi bateye mu rugo rwe ahagana mu ma saa cyenda z’urukerera, batatanya abamushyigikiye kandi bata muri yombi.
Aganira n’Ikinyamakuru MediaCongo (MCP), umuvugizi w’ishyaka, Jean-Claude Ngazwa, yamaganye iki gikorwa yagize ati: “Byose byatangiye saa cyenda za mu gitondo kwa nyakubahwa Constant Mutamba. Batayo yose yaje itaje gutatanya gusa, ahubwo yaje no gufata no gukomeretsa abarwanashyaka…..”
Umuvugizi yongeyeho ko aho uwahoze ari minisitiri atuye ubu hagoswe, kimwe n’inzira zihagana. Yashoje agira ati: “Ntashobora kugerwaho, ntituzi aho ari.”
Ibijyanye n’urubanza
Constant Mutamba akurikiranweho n’urukiko kunyereza miliyoni 19 z’amadolari yari agenewe kubaka gereza i Kisangani. Kuri uyu wa Kabiri, itariki ya 2 Nzeri nta gihindutse, biteganijwe ko urukiko rufata umwanzuro.
Abatavuga rumwe n’ubutegetsi baramagana icyo bita kugira ubutabera igikoresho, mu gihe inzego z’ubutabera zemeza ko zifuza gukurikirana uru rubanza kugeza rurangiye mu rwego rwo guca umuco wo kudahana. Ubushinjacyaha bwamusabiye kumara imyaka 10 akoreshwa imirimo y’agahato.


