Uwabaye Minisitiri w’Uburezi mu mashuri abanza, ayisumbuye n’ay’imyuga muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo, Willy Bakonga arasubizwa muri gereza nyuma y’iminsi mike afunguwe hashingiwe ku mbabazi za Perezida yari yarahawe.
Bakonga wari ufungiwe muri gereza nkuru ya Makala, i Kinshasa, yafunguwe tariki ya 25 Ugushyingo 2021, amaze kwisanga ku rutonde rw’abahawe imbabazi za Perezida muri Nyakanga rwari rwatanzwe n’Umushinjacyaha Mukuru ku rwego rw’urukiko rw’ubujurire.
Nyuma y’aho afunguriwe, Minisitiri w’Ubutabera Rose Mutombo tariki ya 26 Ugushyingo yatangaje ko itegeko rifunguza Bakonga ari Umushinjacyaha Mukuru ku rwego rw’urukiko rw’ubujurire warihaye Umuyobozi Mukuru wa Gereza.
Uyu muyobozi ashimangira ko uyu mushinjacyaha yakoresheje ububasha burenze ubushobozi bwe kuko amategeko atemwerera gufunguza uwakatiwe n’urukiko rw’ikirenga (court de cassation); ahubwo biri mu bubasha bw’Umushinjacyaha Mukuru ku rwego rw’urukiko rw’ikirenga.
Ku bw’ibyo, yasabye ko Bakonga asubira muri gereza. Ati: “Abantu bahamijwe n’urukiko rw’ikirenga bagomba gusubizwa aho bahoze, muri gereza nkuru ya Makala.”
Minisitiri Mutombo kandi yanamenyesheje Umushinjacyaha Mukuru ku rukiko rw’ikirenga ko Bakonga atemerewe guhabwa imbabazi za Perezida, asaba ko Umushinjacyaha Mukuru ku rukiko rw’ubujurire afatirwa ibihano kuko yishe itegeko.
Bakonga yatarewe muri yombi i Brazaville muri Repubulika ya Congo tariki ya 20 Mata 2021, yerekeza i Paris mu Bufaransa. Leta ya RDC yari yasabye ko afatwa kuko yari imukurikiranyeho kunyereza umutungo; icyaha cyaramuhamye, akatirwa igifungo cy’imyaka itatu.


