RDC: Uwahoze yungirije Joseph Kabila, Abdoulaye Yerodia Ndombasi yitabye Imana

Sangiza iyi nkuru

Kuri uyu wa kabiri, uwahoze yungirije umukuru w’igihugu cya Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo, Senateri Abdoulaye Yerodia Ndombasi yitabye Imana nyuma y’uburwayi amaranye iminsi ku myaka 86 y’amavuko.

Umuryango we watangarije Radio Okapi ko uyu musaza yaguye mu murwa mukuru wa Kinshasa.

Senateri Yerodia yabaye umwe mu bungirije umukuru w’igihugu aturutse mu ishyaka ry’uwahoze ari Perezida Joseph Kabila, PPRD. Izi nshingano yazigize kuva mu 2003 kugeza mu 2006.

Abandi bari bafatanyije kungiriza umukuru w’igihugu ni Jean Pierre Bemba wavuye mu ishyaka rya MLC (Movement of the Liberation of Congo), Azarias wavuye muri RCD (Rally for Congolese Democracy) na Arthur Zahidi Ngoma waturutse mu ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi.

Yerodia kandi ari mu bari bashyigikiye cyane se wa Joseph Kabila, Laurent Desire Kabila kugeza ubwo yagiye ku butegetsi, ahigitse Mobutu ku wa 17 Gicurasi, 1997. Kuri iyi ngoma, Yerodia yabaye Minisiteri w’Ububanyi n’Amahanga.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *