Ambasade ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yatangaje ko iri mu gihirahiro nyuma yo kwimwa amakuru na Leta ya RDC yerekeye abanyamerika bashinjwa kugira uruhare mu cyiswe coup d’état iheruka kugeragezwa muri iki gihugu.
Mu kwezi gushize ni bwo Leta ya RDC yatangaje ko muri iki gihugu hageragejwe coup d’état, nyuma y’uko abagabo bari bitwaje intwaro bagabye igitero kuri Perezidansi y’iki gihugu ndetse no mu rugo rwa Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko, Vital Kamerhe.
Batandatu mu bagabye iki gitero barangajwe imbere na Christian Malanga wari ukiyoboye bishwe n’Ingabo za Congo, abandi babarirwa muri za mirongo batabwa muri yombi.
Mu batawe muri yombi harimo batatu bafite ubwenegihugu bwa Amerika.
Umuvugizi wa Ambasade ya Amerika i Kinshasa, Greg Porter, yatangaje ko basabye RDC gusura aba baturage ariko leta ikanga kubasubiza.
Ati: “Twasabye abayobozi ba RDC guha Ambasade uburenganzira bwo kubonana n’umuturage wese wa Amerika waba warafunzwe, ariko kugeza ubu ntabwo turahabwa”.
Ambasade ya Amerika yasabye RDC gusura bariya baturage bayo nyuma y’uko hari umuryango umwe wo muri Amerika wagaragaje impungenge z’uko wifuza kumenya niba umwe mu bawugize yaba ariho cyangwa yarapfuye, nyuma y’uko RDC imutangaje mu bashatse kuyikoramo coup d’état.
Usibye Abanyamerika, mu batawe muri yombi bivugwa ko hanarimo abafite ubwenegihugu bw’u Bubiligi.


