RDC yizeye gutsinda M23 nyuma yo gukurirwaho ‘embargo’

Sangiza iyi nkuru

Ubutegetsi bwa Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) bwatangaje ko bwizeye ko ingabo z’iki gihugu zizatsinda umutwe witwaje intwaro wa M23, nyuma y’aho umwanzuro (embargo) wari warafashwe n’akanama k’Umuryango w’Abibumbye gashinzwe umutekano ukuweho.

Kuri uyu wa 20 Ukuboza 2022, aka kanama kemeje ko gakuyeho ibwiriza kari karahaye ibihugu cyangwa se inganda bigurisha RDC intwaro, wo kubanza kukamenyesha kugira ngo gakurikirane inzira zinyuramo.

Uyu mwanzuro wari warafashwe mu rwego rwo gukumira ko izi ntwaro zagera mu maboko y’imitwe yitwaje intwaro ihungabanya umutekano wo mu burasirazuba bwa RDC, ariko ubutegetsi bw’iki gihugu bwagaragaje kenshi ko ububangamiye mu gihe uhanganye na M23.

Minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa RDC, Christophe Lutundula, aherutse kumenyesha UN ko mu ntwaro igihugu cyabo kigura, inyinshi zifatirwa n’abavuga ko batizera ko zitaba zerekeza mu maboko y’imitwe ihungabanya umutekano.

Inkuru ya Lutundula https://bwiza.com/?RDC-yatangaje-ko-intwaro-igura-zifatirwa-kubera-urutonde-yashyizweho-na-UN

Nyuma yo gukurikirwaho uyu mwanzuro, Umuvugizi wa guverinoma ya RDC, Patrick Muyaya, yatangaje ko igisirikare cyabo kigiye kubona ubushobozi bukenewe bwo guhangana na M23. Ati: “Dutsinze urugamba, twomowe akarengane.”

RDC yari yarafatiwe uyu mwanzuro kuva mu mwaka w’2008, nyuma y’aho bimenyekanye ko hari abasirikare bakuru bayo bazigurisha inyeshyamba.

Uko umwanzuro wari uteye https://bwiza.com/?Ambasaderi-wa-EU-asobanura-ko-ibihano-bya-UN-bitabuza-ingabo-za-RDC-kugura

Soma Izindi Nkuru

6 Responses

    1. RDC yizeye gutsinda M23 nyuma yo gukurirwaho ‘embargo’
      1. RDC ntiyigeze ishaka imishyikirano, nta n’iyo izigera ishaka. Tshisekedi yivugiye ko ashaka gufasha uwo ari we wese ushaka gukuraho président w’u Rwanda.

      2. Kugira intwaro ni kimwe, kuzikoresha n’ikindi. N’ubundi si zo babuze. Nibatazigurisha ku mitwe ikorera abanyapolitiki babo, bazazijyana ku rugamba bazisigire M23.

      Erega mu mateka ya Congo ku batayazi, nta na rimwe yigeze irwana ngo itsinde. Igihe cyose yitabaza abo hanze (IS, France, Maroc na Micombero ku bwa Jean Shcramme.

      1. RDC yizeye gutsinda M23 nyuma yo gukurirwaho ‘embargo’
        Drc yabuze ubuyobozi ibibazo ifite nuko idafite u uyobozi bwiza gusa kuba bakumuriwe nubundi ntibizakuraho ubushobozi nigirire yabo iciriritse ahubwo drc izahura nakaga kuko hazabo multiplicity yintwaro mu mitwe ihabarizwa

  1. RDC yizeye gutsinda M23 nyuma yo gukurirwaho ‘embargo’
    Cyeretse niba arimishikirano n’ Urwanda kuko nirwoduhanganye naho m23 ntibaho nibaringa.(V)

  2. RDC yizeye gutsinda M23 nyuma yo gukurirwaho ‘embargo’
    Kugira intwaro nikimwe nokutagira ubwoba kurugamba mukazita nacyo nikindi nokumenya kuzikoresha nikindi,

  3. RDC yizeye gutsinda M23 nyuma yo gukurirwaho ‘embargo’
    Ishyira mufite niryiki nuko congo bayemereye kugura intwaro mureke bazikoreshe uko bashaka mumenye ibyanyu mureke gusesengu ibyabandi

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *