Real Madrid: Umutoza Zidane ngo aterwa umunezero n’abakinnyi ubu afite

Sangiza iyi nkuru

Nyuma y’umukino nakinnye n’ikipe ya Atletico Madrid bakayitsinda ibitego 3 ku busa, nibwo Zidane umutoza w’ikipe ya Real Madrid yagaragarije itangazamakuru ibyishimo afite aboneraho no gutangaza ko abakinnyi afite bamutera umunezero.
Kuri mikoro z’ikinyamakuru BeIn Sports France, Zidane yagize ati: “Simbizi niba navuga ko ari wo mukino wacu wa mbere ubaye mwiza, ariko bigenze neza nk’uko twabishakaga muri iri joro, byagaragaraga ku ntangiriro y’umukino hagiye haboneka amahirwe menshi akabyazwa umusaruro, buri wese avuga icyo ashaka ariko njye nezerewe ku bw’abakinnyi mfite”.
zizu
Yakomeje avuga ko nk’umutoza intsinzi babonye atavuga ko ihagije gusa agashimangira ko ubu ikipe ihagaze neza kandi ko bagiye gukomeza gukaza umurego.
Muri uyu mukino Real Madrid yakinaga na Atletico Madrid, warangiye ibitego ari 3 byatsinzwe na Cristiano Ronaldo, rutahizamu w’iyi kipe.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Gentille Kamikazi/Bwiza.com

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *