Real Madrid yagaragaje ko ari ubukombe mu irushanwa rya UEFA Champions League yihanangiriza Liverpool ku kibuga cyayo, naho Napoli ikomeza gushimangira ko uyu mwaka ari uwayo.
Wari umukino wa ? cy’irangiza mu mikino ya UEFA Champions League aho Liverpool yabaye iya 2 mu itsinda A yari yakiriye Real Madrid yazamutse iyoboye itsinda F ku kibuga Anfield ku isaa yine zuzuye usifurwa na Istvan Kovacs.
Aya makipe kandi ni yo yari yahuriye ku mukino wa nyuma mu mwaka uheruka wa 2022 ndetse ikaya yari yaranayitwaye igikombe cya 2018. Uyu wari uw’ishiraniro kuko byari ibikombe 20 byari byahuriye mu kibuga aho Real Madrid ifite 14 kuri 6 bya Liverpool.
Iyi nzika ni yo yatumye ku munota wa 4 wonyine Darwin Nunez acika ba myugariro ba Real Madrid maze Mo Salah amucomekera umupira mwiza cyane ubundi atsinda igitego cy’ubufindo n’agatsintsino.
Nta gihe cyanyuzemo maze ku munota wa 14 gusa Mo Salah atsinda igitego cya kabiri ku makosa akomeye yakozwe na Tibaut Courtois wananiwe gufunga umupira yari ahawe na Daniel Calvajal.

Liverpool yatanze Real kwinjira mu mukino inayibanza ibitego 2
Ku munota wa 21 Real yabonye amahirwe akomeye maze nyuma yo guhererekanya neza Benzema acomekera Vinicius Junior maze ku ishoti rikomeye cyane yishyurira Real Madrid igitego kimwe.
Umukino wakomeje gukinirwa ku muvuduko wo hejuru bava ku izamu bajya ku rindi ariko Vinicius Junior na Federico Valverde banirwa gushyira mu nshundura ku munota wa 31.
Ku munota wa 35 ku mupira yari ahawe na Joseph Gomez, Alisson Becker yakoze ikosa rikomeye ashota akaguru ka Vinicius Junior maze umupira uruhukira mu nshundura biba 2-2.

VinĂcius JĂșnior yitwaye neza atsinda ibitego 2
Ku munota wa 45+1 Real Madrid yabonye amahirwe ku mupira Federico Valverde yamanukanye yihuta Vinicius awucomekeye Rodrigo ngo ashyire mu izamu ariko Robertson akiza izamu, igice cya mbere kinarangira ari 2-2.
Igice cya mbere cyarangiye Liverpool yihariye umupira ku cyigero cya 52% kuri 48% ya Real Madrid.
Igice cya kabiri Real Madrid cyatangiye imbaraga kuko kuri Kufura yari ikorewe Vinicius Junior ubundi Luca Modric ayizamura neza ku mutwe wa Ăder MiltĂŁo ashyiramo igitego cya 3 ku munota wa 47.
Ku munota wa 54, Anifield hongeye gucura ubwirakabiri ubwo Rodrigo na Karim Benzema babererekanyaga neza ndetse Benzema agasunikura umupira mu nshundura bukaba 4.
Ku munota wa 63 Klopp yakuyemo Cody Gakpo na Darwin Nunez yinjizamo Firmino na Diogo Jota.
Ku munota wa 67, amaze kwandagaza umuzamu Alisson na ba myugariro ba Liverpool Karim Benzema yatsinze igitego cya 5 ku mupira yari ahawe na Vinicius JĂșnior ku kazi gakomeye kakozwe na Luka Modric.

Karim Benzema yatsinze ibitego 2 akomeza kwerekana ko agifite byinshi byo gutanga
Ku munota wa 86 haje kubaho impinduka; Elliott, Matip na Milner basimbuye Bajcetic, Gomez na Henderson, ku ruhande rwa Liverpool naho Rodrigo, Modric na Benzema basimburwa na Toni Kroos, Dani Ceballos, na Marco Asensio.
Uyu mukino warangiye Liverpool yihariye umupira ku cyigero cya 52% kuri 48% ya Real Madrid.
Ku rundi ruhande, ku isaha ya saa yine z’ijoro ku kibuga Deutsche Bank Park mu Budage, Eintracht Frankfurt yari yakiriye SSC Napoli yo mu Budage, maze Napoli iyihatsindira ibitego 2-0; byatsinzwe na Victor Osimhen ku munota wa 40 na Giovanni Di Lorenzo ku wa 65.
Rutahizamu wa Eintracht Frankfurt, Randal Kolo Muani yahawe ikarita y’umutuku ku wa 58, mu gihe Khvicha Khvaratskelia yari yahushije penaliti ya Napoli ku munota wa 36.

Napoli yakuye intsinzi mu Budage


