Reba amafoto y'ikiraro cya mbere kirekire ku isi gica hejuru y'inyanja

Sangiza iyi nkuru

Mu minsi yashize, Bwiza.com yari yagerageje kwegeranya amaforo y’ikiraro cya mbere ku isi kirekire haba mu burebure bya co uva ku ruhembe rumwe ujya ku rundi ndetse n’uburebure uturutse ku kiraro kugera hasi ku butaka aho iki kiraro cyari cyabonetse mu gihugu cy’u Bushinwa na metero zisaga 300.
8 1
Kuri ubu rero hongeye kugaragara amafoto y’ikindi kiraro kirekire ariko cyo cyubakanywe ubuhanga budasanzwe hejuru y’amazi y’inyanja.
11
mu gihe bimenyerewe ko ibiraro byubakwa hagamijwe guhuza inkombe yo hakuno n’iyo hakurya cyangwa guhuza agasozi kamwe n’akandi, iki kiraro cyo mu nyanja cyo gishobora guhuza umugabane n’undi cyangwa ubutaka bw’ibihugu runaka bitandukanye.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]

7 1
Iki kiraro kireshya na Kilometero zisaga 54, cyatangiye kubakwa kuva mu myaka 7 ishize ubu kikaba ari bwo kiri gusa n’ikirangira

4 2
Iki kiraro cya mbere ku isi gifite uburebure bya metero zisaga 22 kugera ku mazi, bityo ubuhanga cyubakanywe bukaba bwemerera amato maremare kandi manini gutambuka munsi ya cyo

2 2
Iki kiraro gihuza Hong Kong na Zhuhai kikaba cyaragabanyije igihe bamaraga bagendererana aho kuri ubu hakoreshwa iminota 30 mu gihe mbere bakoreshaga 3 banyuze iy’amazi

5 2
Uko iki kiraro cyari kimeze muri 2015

0 1
Biteganyijwe ko mu mpera z’uyu mwaka ari bwo gazatahwa ikiraro cya mbere ku isi gica hejuru y’inyanja

12 Iki kiraro cyubatswe n’ubushinwa gitwara akayabo ka miliyari gigera kuri 12 z’Amadolari. 6 1 00 1
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Gentille@Bwiza.com

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *