RED Tabara iravuga ko yiciye ingabo z’u Burundi n’Imbonerakure 10 muri RDC

Sangiza iyi nkuru

Umutwe witwaje intwaro wa RED Tabara uravuga ko warwaniye n’ingabo z’u Burundi n’Imbonerakure mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC), yicamo 10, ikomeretsa n’izindi zibarirwa muri 20.

Uyu mutwe urwanya Leta y’u Burundi mu butumwa wanyujije ku rubuga rwa Twitter kuri uyu wa 2 Mutarama 2022, wavuze ko izi mfu n’inkomere zabereye mu mirwano mu duce twa Gashenyo na Kitembe mu misozi miremire iri muri iyi ntara.

Wagize uti: “Muri aya masaha ya nyuma ya saa sita muri Gashenyo na Kitembe mu misozi miremire ya Kivu y’Amajyaruguru #RDC, twarwanye n’ingabo z’igihugu cy’u Burundi, FDN n’Imbonerakure za CNDD FDD. Imibare: 10 bapfuye, ababarirwa muri 20 barakomereka ku ruhande rw’umwanzi.”

RED Tabara yigambye iyi ntsinzi nyuma y’aho itangarije amakuru y’uko hari ingabo z’u Burundi n’Imbonerakure zagiye kuyihigira muri Kivu y’Amajyaruguru.

Ku rundi ruhande, byavugwaga ko Batayo y’abakomando mu ngabo z’u Burundi barenga 250 yoherejwe muri iyi ntara kugira ngo irwanye RED Tabara ivugwaho gushingayo ibirindiro, ikanifatanye n’indi mitwe yitwaje intwaro ikorerayo.

Leta y’u Burundi ntacyo ijya itangaza kuri aya makuru y’ingabo zayo zivugwa muri Kivu y’Amajyepfo cyangwa imirwano ivugwa hagati yazo n’abarwanyi ba RED Tabara.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *