RED-Tabara yamaganye ibitero by’i Bujumbura, ibigereka ku butegetsi bwa CNDD-FDD

Sangiza iyi nkuru

Umutwe wa RED-Tabara urwanya ubutegetsi bw’u Burundi, wamaganye ibitero bya za grenade biheruka kugabwa mu mujyi wa Bujumbura, ubigereka ku ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi muri kiriya gihugu.

Ku mugoroba wo ku wa Mbere ni bwo i Bujumbura hakabwe ibitero bibiri bya za Grenade, zimwe ziterwa ahategerwa imodoka zitwara abagenzi indi iterwa ahacururizwa indagara.

Amakuru avuga ko ibi bitero byahitanye abantu batatu, mu gihe abarenga 100 babikomerekeyemo.

Minisiteri y’Umutekano mu Burundi mu itangazo yasohoye yavuze ko yamaganye yivuye inyuma “buriya bubisha butavugwa” bwerekana ko u Burundi na bwo bwugarijwe n’iterabwoba.

Kugeza ubu ntiharamenyekana ababa bihishe inyuma ya biriya bitero, gusa umutwe wa RED-Tabara waherukaga kwigamba igitero cya grenade cyagabwe ku kibuga cy’indege cya Bujumbura ni wo wakekwaga.

Umuvugizi w’uyu mutwe, Patrick Nahimana, mu itangazo yasohoye yahakanye ko ntaho uhuriye na kiriya gitero, ahubwo ushyira mu majwi ubutegetsi bwa CNDD-FDD.

Ati: “Nk’uko twabigaragaje mu itangazo ryacu ryo ku wa 26 Gicurasi, ubu buryo bw’imikorere bwifashishwa n’abakozi b’ubutegetsi bwa CNDD-FDD mu rwego rwo kubiba ubwoba mu baturage hagamijwe kubabuza gusaba uburenganzira bwabo shingiro.”

RED-Tabara yakomeje yamagana biriya bitero, iti: “Turamagana ibi bikorwa by’ubugizi bwa nabi, kandi twifatanyije n’abo byagizeho ingaruka.”

Uyu mutwe wavuze ko wahisemo gufata intwaro mu rwego rwo kurwanya iterabwoba rikorwa na Leta y’u Burundi binyuze mu kwica urubozo abakekwaho ibyaha], ifunga ritemewe n’amategeko, gufata ku ngufu, gutuma bamwe baburirwa irengero ndetse no kwica.

Washimangiye ko intego yawo ari ukurwanya ubutegetsi bwa CNDD-FDD kugeza ku munota wa nyuma, uhamagarira Abarundi kwigomeka mu rwego rwo guharanira uburenganzira bwabo.

Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *