Umutwe wa RED-Tabara urwanya ubutegetsi bw’u Burundi, watangaje ko abarwanyi bawo bane baheruka kwicirwa mu mirwano yawusakiranyije n’Ingabo z’u Burundi.
Uyu mutwe ubinyujije ku rubuga rwawo rwa Twitter watangaje ko bariya barwanyi biciwe mu mirwano n’Ingabo z’u Burundi yabereye mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo mu gitondo cyo ku cyumweru Tariki ya 13 Werurwe.
Ni imirwano uyu mutwe wavuze ko yanaguyemo abasirikare babarirwa mu icumi b’u Burundi.
Uti: “Mu gitondo cy’itariki ya 13 Werurwe 2022 hagati ya saa kumi n’imwe na saa moya, RED-Tabara yashoje imirwano ku basirikare b’u Burundi (FDNB) n’abarwanyi b’Imbonerakure i Lilonge, muri Uvira ho muri Kivu y’Amajyepfo muri RDC.”
“Abarenga icumi barapfuye abandi benshi barakomereka ku ruhande rw’umwanzi. Tubabajwe no gutakaza bane mu barwanyi bacu b’intwari.”
Kuva mu mpera z’umwaka ushize amakuru avuga ko Ingabo z’u Burundi zagiye guhiga abarwanyi ba Red-Tabara mu misozi miremire ya Uvira, gusa leta y’iki gihugu yakunze kuyamaganira kure.
Kugeza ubu ntiharamenyekana ibyo impande zombi zaba zimaze gutakariza muri iyi ntambara.


