Reece aremeza ko mushiki we ari umuhanga kurusha bamwe mu bagabo bakina muri Premier League

Reece James wa Chelsea FC yatangaje ko mushiki we ari umuhanga kurusha bagenzi be b’abagabo

Sangiza iyi nkuru

Reece James ukina hagati ku ruhande rw’iburyo mu ikipe ya Chelsea FC yatangaje ko mushiki we Lauren James ari umuhanga kurusha bamwe muri bagenzi be b’abagabo mu irushanwa ry’icyiciro cya mbere ry’umupira w’amaguru mu Bwongereza, Premier League.

Reece uri mu kiruhuko kubera imvune yagize mbere y’itangira ry’irushanwa ry’igikombe cy’Isi, yabitangaje ubwo yasubizaga ibibazo by’abamukurikira ku rubuga rwa Twitter ku wa 30 Ugushyingo 2022.

Uwitwa Georgia Baker yamubajije uko yiyumva iyo abonye mushiki we akinira Chelsea FC y’abagore, ati: “Wiyumvamo irihe shema iyo ubona na Lauren akinira Chelsea?”

Uyu mukinnyi yasubije ko buri munsi mushiki we amubera icyitegererezo kuko ngo ni rutahizamu mwiza w’umugore ku Isi, kandi akaba umuhanga kurusha na bamwe mu bakina muri iri rushanwa ry’abagabo.

Yagize ati: “Nterwa ishema ryinshi cyane na Lauren James!! Buri munsi ambera icyitegererezo kandi azakomeza kubikora. Nizera ko ari umukinnyi w’umugore mwiza ku Isi, kandi azakomeza abe we mu myaka iri 10-15 iri imbere, nta gushidikanya. Muri tekiniki ni umuhanga kurusha bamwe mu bakinnyi ba Prem.”

Lauren James ni rutahizamu wa Chelsea kuva mu mpera z’umwaka w’2021. Ku myaka 21 y’amavuko, amaze gukinira iyi kipe imikino 9 muri shampiyona y’icyiciro cya mbere izwi nka Women’s Super League, nyuma yo kuva muri Manchester United.

Reece aremeza ko mushiki we ari umuhanga kurusha bamwe mu bagabo bakina muri Premier League
Reece aremeza ko mushiki we ari umuhanga kurusha bamwe mu bagabo bakina muri Premier League

Lauren James aravugwaho ubuhanga na musaza we
Lauren James aravugwaho ubuhanga na musaza we

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *