RIB yataye muri yombi umwe mu bakozi bayo bakomeye

Sangiza iyi nkuru

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwataye muri yombi umukozi warwo wo ku rwego rw’Umujyi wa Kigali rumukurikiranyeho gusaba, kwakira cyangwa gutanga indonke.

Uyu kandi anakurikiranweho icyaha cyo kwihesha ikintu cy’undi hakoreshejwe uburiganya.

Uwo RIB ifunze ni uwitwa Kabayiza Ntabwoba Patrick, Ushinzwe Iperereza ku rwego rw’Intara (Provincial Chief Intelligence) ukorera mu mujyi wa Kigali.

Provincial Chief Intelligence (PCIO)wba aba ari umuyobozi mukuru muri RIB ukurikirana ibikorwa byose by’iperereza mu gutahura no gukumira ibyaha. Uyu inshingano ze zitandukanye n’iz’uwo bita PCI (Provincial Chief Investigator) uba ashinzwe ubugenzacyaha ku rwego rw’Intara.

Kabayiza umaze igihe afunzwe yatawe muri yombi ku wa 27 Nzeri 2022, ibyaha akurikiranweho bikaba bifitanye isano na dosiye yari iri gukurikiranwa mu bugenzacyaha.

Umuvugizi wa RIB, Dr Murangira B. Thierry, yavuze ko ibyaha akurikiranweho yabikoreye mu Mujyi wa Kigali mu bihe bitandukanye.

Dr Murangira mu izina rya RIB yaboneyeho kwibutsa abantu bose ko itazihanganira uwo ari we wese ukora ibyaha nk’ibi birimo gusaba, kwakira cyangwa gutanga indonke no kwihesha ikintu cy’undi hakoreshejwe uburiganya bitwaje umwuga bakora.

Ati: “Umuntu wese wica amategeko n’ubwo yaba umukozi wacu, azafatwa akagezwa mu butabera. Abantu bagomba kumenya amategeko kandi bakayakurikiza.”

Kabayiza ni we mukozi ukomeye muri RIB uru rwego rufunze kuva rwashingwa muri 2018.

Ingingo ya 4 y’itegeko N°54/2018 ryo ku wa 13/08/2018 ryerekeye kurwanya ruswa iteganya ko uhamwe n’icyaha cyo gusaba, kwakira cyangwa gutanga indonke ahanishwa igifungo kirenze imyaka itanu ariko kitarenze imyaka irindwi n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda yikubye inshuro kuva kuri eshatu kugeza kuri eshanu z’agaciro k’indonke yatse cyangwa yakiriye.

Ingingo ya 174 y’itegeko No 68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange yo iteganya ko uhamwe no kwihesha ikintu cy’undi hakoreshejwe uburiganya ahanishwa igifungo kitari munsi y’imyaka ibiri ariko kitarenze imyaka itatu, n’ihazabu itari munsi ya Frw 3,000,000 ariko atarenze Frw 5,000,000.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *