Rihanna umuhanzikanzi w’imyaka 27 akomeje kuvugwaho byinshi mu kujarajara haba mu rukundo no mu myemerere kuri ubu amafoto ye ameze nk’ay’ikigirwamana cya Baphomet akomeje kuvugisha benshi.

Kuwa mbere ushize nibwo uyu muhanzi kazi yari yasuye iwabo ku ivuko i Barbados ,aho yari yitabiriye iserukiramuco.

Muri uru ruzinduko Rihanna yari yambaye imyenda idasanzwe ariko abakurikirana ibikorwa bya Muzika bemeza ko iyi myenda yayambaye agamije kwifotoza amafoto afite ishusho y’ikigirwamana.

Baphomet ni ikigirwamana gisengwa n’abagize umuryango urwanya Imana “illuminati” bivugwa ko n’uyu muhanzikazi yaba abarizwamo kubera ibikorwa bye bitandukanye bihuje n’amahame n’imyemerere yawo.

Nyuma y’uko agaragaye ku musigiti mu myambaro myiza cyane y’abayoboke b’idini ya Islam ndetse n’amagambo yo kwisubiraho benshi bari bamwitezeho impinduka.

gusa nyuma yo gutana n’umukunzi we Karim Benzema binavugwa ko ariwe wari wamuteye kugharukira imana Rihanna yisubiriye mu ngeso mbi ze zihabanye n’imigenzo y’abayoboke b’Imana.

Aya mafoto ya Rihanna yashyizwe ahagaragara kuwa mbere, ariko nyuma y’isesengura ry’inzobere bikagaragara ko ari mu ishuhso y’ikigirwamana akomeza kugenda akwirakwira hirya no hino ku mbuga nkoranyambaga.
Benshi bari baribajije uko Rihanna azabangikanya Imana na Sekibi ariko nyuma yo gutandukana na Benzema yakomeje kuramya umwami we Sekibi.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Shimirwa Palemon@Bwiza.com


