Rodovan Karadzic yahamijwe ibyaha bya jenoside akatirwa imyaka 40 y’igifungo

Sangiza iyi nkuru

Umunyamabanga mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, Ban Ki-moon yashimye icyemezo cy’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha cyo guhamya ibyaha bya jenoside, Rodovan Karadzic wakatiwe n’uru rukiko imyaka 40 y’igifungo.

Umunyamabanga Mukuru wa Loni yavuze ko iki ari icyemezo gikomeye ku bantu bo mu karere ka Balkan no hanze yako ndetse no ku butabera mpuzamahanga. Yakomeje avuga kandi ko abakoze ibyaha badashobora kwihisha ubutabera.

Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rwashyiriweho icyahoze ari Yougoslavia rwatangaje kuri uyu wa Kane ko rwasanze Karadzic ahamwa n’ubwicanyi bugayitse bwakozwe n’Abaserbe mu ntambara yo muri Bosnia hagati y’1992 no mu 1995 yaguyemo abantu 100,000.

2016-03-24t132535z_1841131666_d1aesujanvac_rtrmadp_3_warcrimes-karadzic_1_0
Rodovan Karadzic mu rukiko

Uru rukiko rukaba rwatangaje ko Karadzic kuri ubu ufite imyaka 70 yagize uruhare muri jenoside no mu bwicanyi bukabije bwabereye mu mujyi wa Srebrenica, ubwo ingabo z’Abaserbe zicaga abasore b’Abayisilamu 8,000.

Ubu bwicanyi nk’uko iyi nkuru dukesha VOA ikomeza ivuga, bukaba ari bwo bwicanyi bukabije bwabaye mu Burayi nyuma ya Jenoside yakorewe Abayahudi.

Umucamanza mukuru w’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha, O-Gon Kwon akaba yatangaje ko iyo Karadzic atagira uruhare muri ubu bwicanyi bwo mu mujyi wa Srebrenica butari kuba.

Icyemezo cy’urukiko cyo gukatira uyu mugabo imyaka 40 y’igifungo kije nyuma y’urubanza rwari rumaze imyaka 7. Rodovan Karadzic akaba yaratawe muri yombi mu 2008 afatiwe i Belgrade nyuma y’imyaka 11 yihishe, ahita yoherezwa imbere y’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rwashyiriweho icyahoze ari Yougoslavia i La Haye.

Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
 
Dennis Ns./Bwiza.com

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *