Umunya-Espagne Rodri Hernandez ni we waraye wegukanye igihembo cya Ballon d’Or gisanzwe gitangwa n’ikinyamakuru France Football, nyuma yo guhigika abarimo umunya-Brésil Vinicius Jr.
Uyu musore w’imyaka 28 y’amavuko, yegukanye iki gihembo nyuma yo gufasha ikipe y’Igihugu ya Espagne kwegukana Euro ya 2024.
Yatwaranye na Man City kandi ibikombe birimo icya Premier league, Super Cup ya UEFA ndetse n’icy’Isi cy’ama-Clubs.
Rodri wabaye umukinnyi wa mbere wegukanye Ballon d’Or akinira Manchester City, yahawe kiriya gihembo ahigitse Vinicius Jr bari bagihataniye.
Ku mwanya wa gatatu haje Umwongereza Jude Bellingham usanzwe akinira Real Madrid.
Iyi Real yatowe nk’ikipe nziza y’umwaka, Umutaliyani Carlo Ancelotti uyitoza ahembwa nk’umutoza mwiza w’umwaka.
Abandi bahembwe harimo Lamine Yamal wa FC Barcelona wegukanye igihembo cy’umukinnyi muto wahize abandi, mu gihe umunya-Argentine Emiliano Martinez yahembwe nk’umunyezamu wahize abandi.
Igikuba cyacitse!
Mbere y’amasaha byibura atandatu ngo Ballon d’Or itangwe abenshi bari bazi ko Vinicius Jr ari we uri buyegukane, nyuma yo gufasha Real Madrid kwegukana ibikombe birimo icya UEFA Champions league na shampiyona y’Abongereza.
Uyu musore w’imyaka 24 y’amavuko na we yari azi ko ari we uri bwegukane Ballon d’Or, kuko ku wa Gatandatu w’icyumweru gishize yabibwiye Pablo Gavi wa FC Barcelona amwishongoraho.
Ibintu byahinduye isura ku gicamunsi cyo ku wa Mbere ubwo byatangazwaga ko Real Madrid itacyitabiriye ibirori byo gutanga Ballon d’Or, nyuma yo kumenya ko uriya rutahizamu wayo atari we wari buhabwe kiriya gihembo.
Ni ibintu byababaje cyane Real Madrid, kuva kuri Perezida Florentino Perez, umutoza Carlo Anchelotti, abakinnyi ndetse no kugeza kuri wa mufana uri i Nyabinoni ya Muhanga wamenye ibyabaye.
Abakinnyi hafi ya bose ba Real Madrid mu butumwa banyujije ku mbuga nkoranyambaga zabo, bafashe mu mugongo Vinicius Jr bamubwira ko bati: “Uri umukinnyi wa mbere ku Isi”.
Umutoza Anchelotti mu butumwa yanditse ku rubuga rwe rwa X nyuma yo guhembwa nk’umutoza wahize abandi yashimiye ubuyobozi n’abakinnyi ba Real Madrid, gusa ntiyashimira France Football yamuhaye kiriya gihembo.
Usibye abashyigikiye Real Madrid, abakunzi b’umupira w’amaguru bagaragaje kuba Rodri yatwaye kiriya gihembo Vinicius Jr nk’“ubujura bwa mbere bubayeho mu mupira w’amaguru”, abandi bahuza Vini kuba atahawe kiriya gihembo no kuba ari umwirabura.
Ni mu gihe abandi bagaragaje ko n’ubundi Ballon d’Or isa n’aho ntacyo ikivuze kubera “amanyanga” no gutakaza umwimerere bisigaye biranga itangwa ryayo.


