RPLB yateye utwatsi Frw 200 za RBA

Sangiza iyi nkuru

Inama y’Ubutegetsi ya Rwanda Premier league, yateye utwatsi Frw miliyoni 200 Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru (RBA) cyifuzaga kwishyura ngo cyegukane uburenganzira bwo kwerekana imikino ya shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Rwanda.

Kuva shampiyona itangiye RBA yerekanaga imikino yayo, mu gihe ibiganiro na RPLB byari bigikomeje.

Iki gitangazamakuru cyakora ku wa Kane cyasabwe guhagarika kwerekana iyi mikino, nyuma y’uko impande zombi zinaniwe kumvikana ku mafaranga y’uburenganzira bwo kwerekana shampiyona y’u Rwanda.

Umuyobozi wa RPLB, Youssuf Mudaheranwa Hadji mu ibaruwa yandikiye RBA, yayimenyesheje ko mu gihe yaba itishyuye Frw miliyoni 400 itemerewe kongera kwerekana shampiyona y’u Rwanda.

Yagize ati: “Hagendewe ku nama zahuje ababahagarariye n’abagize Inama y’Ubutegetsi ya Rwanda Premier League, twagira ngo tubamenyeshe ko tutiteguye kwakira ubusabe ubwo ari bwo bwose buri munsi ya miliyoni 400 z’amafaranga y’u Rwanda ku mwaka, guhabwa uburenganzira bwo kuyerekana yaba mu mashusho n’amajwi.”

Yakomeje abamenyesha ko babaye bambuwe uburenganzira bwo kwerekana shampiyona uhereye ku munsi wa 5 wa shampiyona.

Ati: “Twagira ngo tubamenyeshe ko gusakaza (kwerekana) shampiyona mubaye muhagaritswe uhereye k’umunsi wa 5 wa shampiyona uteganyijwe guhera tariki ya 30 Nzeri 2023.”

Mu minsi ishize hari havuzwe amakuru y’uko RBA yemeye kwishyura Frw miliyoni 380 kugira ngo ihabwe uburenganzira bwo kwerekana shampiyona y’u Rwanda. Ni amakuru yanemejwe na Mudaheranwa.

Amakuru ahari avuga ko Miliyoni 380 yavuze mu itangazamakuru atari yo RBA yatanze, ahubwo bivugwa ko yabamenyesheje ko yabona Frw miliyoni 280 ku mwaka.

Bivugwa ko hari igice kimwe cy’abanyamuryango ba Rwanda Premier league cyayemeye, hakaba n’ikindi cyabiteye utwatsi ari nayo mpamvu umunsi wo gusinya amasezerano bawimuye ahubwo bakamenyesha RBA ko batasinya munsi ya miliyoni 400.

Bivugwa ko n’ubwo umwaka ushize w’imikino RBA yerekanaga shampiyona nta giceri na kimwe yishyuye, bijyanye no kuba yari yarumvikanye na FERWAFA ko bazajya bagabana amafaranga yinjiye mu kwamamaza.

RPLB yamenye ko hari Frw miliyoni 400 FERWAFA yishyuwe na RBA, ari na yo mpamvu na yo yasabye andi nk’ariya.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *