Umugore n’umugabo; Ndayisenga and Mureshyankwano Alice bafatiwe mu Kagari ka Rwaza, Umurenge wa Rugerero batwaye udupfunyika 2,400 tw’urumogi mu ndobo. Aba bafashwe na polisi ku bufatanye na Polisi y’ u Rwanda kuwa 13 Mutarama nk’uko ibivuga. Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburengerazuba, CIP Karekezi Bonaventre Twizere avuga ngo ” Abafashwe bagerageje gucika ariko bafatwa n’abaturage.” Avuga ko aba bari bafite bosi mukuru bajyaniraga uru rumogi kandi ko hari n’amazu yabugenewe muri ako gace rubikwamo. Ibi polisi ikaba iri kubikurikirana. Itegeko rihana mu Rwanda mu ngingo yaryo ya 263 havuga ko uhamwe n’icyaha cyo gukwirakwiza urumogi, ahanishwa hagati yo gufungwa imyaka 20 na burundu n’ihazabu ya miliyoni 30 Rwf. Abafashwe bafitanye abana babiri.


