Nyuma y’aho umuryango wa Paul Rusesabagina uvugiye ko afungiwe nabi muri Gereza ya Nyarugenge, Urwego rw’Igihugu rushinzwe imfungwa n’abagororwa (RCS) rusobanura ko atari ukuri, ko ahubwo yavanwe ahantu yitaga mu kato, afungirwa hamwe n’abandi.
Umuryango wa Rusesabagina watanze impuruza, uvuga ko mu byumweru bishize uburyo yafatwagamo muri gereza bwahindutse, afungirwa ahantu hashya, mu bantu atazi.
Wavuze ko kandi Rusesabagina atakibona ibiribwa, amazi n’imiti nk’uko yabibonaga mbere. Uti: “Ubu ibiribwa, amazi, imiti no kuvugana n’umuryango we kuri telefone buri cyumweru biri gukurwaho.”
RCS ku rubuga rwa Twitter kuri uyu wa 5 Kamena 2021, yasobanuye ko Rusesabagina yabanje gufungirwa aha wenyine, gusa aza kuzamura ikibazo cy’uko afungiwe mu kato. Ngo hafashwe icyemezo cyo kumwimurira mu cyumba kirimo n’izindi mfungwa, ndetse akaba afatwa kimwe nazo.
Yagize iti: “Ku bijyanye na Paul Rusesabagina, yari yahawe icyumba n’amafunguro byihariye ubwo yoherezwaga muri Gereza ya Nyarugenge. Rusesabagina aheruka gushyirwa mu cyumba ahuriyemo n’izindi mfungwa n’abagororwa, ubwo yazamuraga ikibazo ko afungiwe mu kato, ibintu bitabaho muri gereza zo mu Rwanda.”
Ku kijyanye n’amafunguro n’imiti ahabwa na muganga, RCS yagize iti: “Ubu ahabwa amafunguro amwe n’ay’izindi mfungwa kandi abonana na muganga igihe ari ngombwa, kandi ni ko bisanzwe.”
Rusesabagina akurikiranwe n’ubutabera bw’u Rwanda kuva mu mpera za Kanama 2020 ubwo yatabwaga muri yombi n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) aturutse i Dubai yari azi ko ari kugana mu Burundi.
Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV


