Rusesabagina uvuga ko ari umwere, ategereje kurenganurwa

Sangiza iyi nkuru

Paul Rusesabagina ufungiwe muri Sitasiyo ya Polisi ya Remera mu Karere ka Gasabo, akurikiranweho ibyaha birimo iby’iterabwoba, yatangaje ko arengana, akaba ategereje kurenganurwa.

Rusesabagina uzwi nk’umuyobozi w’impuzamashyaka arwanya ubutegetsi bw’u Rwanda ya MRCD Ubwiyunge, ahamya ko yitaweho neza aho afungiwe, bijyanye n’uburwayi afite burimo umuvuduko w’amaraso n’indwara y’umutima.

Rusesabagina mu kiganiro yagiranye na The East African, yagize ati: “Mu gihe iperereza rigikomeje, nemerewe gutoranya itsinda rizanyunganira mu mategeko kugira ngo rigaragaze uko ndi umwere. Ntabwo nshaka kuvuga byinshi kuri iki kibazo mbere y’urubanza.”

Tariki ya 31 Kanama 2020 ni bwo Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha rwerekanye Paul Rusesabagina wavuzwe cyane ko yagize uruhare mu bitero umutwe wa FLN wagabye mu bice byegereye ishyamba rya Nyungwe mu 2018.

Ubu akurikiranweho ibyaha birimo iterabwoba, gutwika, ubushimusi n’ubwicanyi byakorewe abaturage b’Abanyarwanda nk’uko Ubugenzacyaha bw’u Rwanda bwabitangaje.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *