Visi Perezida wa Repubulika ya Kenya, William Ruto, yasobanuye impamvu yashoboraga abaherwe batunze za miliyari bashoboraga kuba bafunzwe.
Mu ijambo yagejeje ku bahagarariye umuryango w’ubumwe bw’Uburayi (EU) i Nairobi kuri uyu wa 2 Kamena, Ruto yavuze ko mu gahunda afitiye Kenya, harimo kurwanya ruswa, kandi ngo kuyirwanya bisaba ko urwego rw’ubucamanza rwaba rufite ubushobozi buhagije mu buryo bw’amafaranga.
Yagize ati: “Twebwe nka Kenya Kwanza dukeneye urwego rw’ubucamanza rwihagije mu buryo bw’amafaranga, ni yo mpamvu tuzatangiza ikigega kizaha ubushobozi ubucamanza.”
Ruto abona ko kunanirwa kurwanya ruswa biba mu gihe inzego zishinzwe kuyirwanya zimwe ubushobozi bw’amafaranga cyangwa se mu gihe gahunda yo kuyirwanya yifashishijwe nk’intwaro yo kurwanya abanyapolitiki batavuga rumwe n’ubutegetsi.
Kuba gahunda yo kurwanya ruswa itarifashishijwe mu kurwanya aba baherwe, Ruto abona ko ari byo byabarokoye. Ati: “Ni bwo buryo, nk’urugero, abamiliyarideri ba Covid-19 barokotse kubera ko bari inshuti z’abantu bavuga ko bashaka kurwanya ruswa. Iyo inzego zitereranwa mu kurwanya ruswa, ubu abamiliyarideri ba Covid baba bafunzwe.”
William Ruto utavuga rumwe na Perezida Uhuru Kenyatta, arashaka kuzamusimbura ku butegetsi muri Kanama 2022.


