Rutshuru:Abarwanyi basezerewe batangiye kujya muri M23 kubera kubura imperekeza

Sangiza iyi nkuru

Sosiyete Sivile yo muri Teritwari ya Rutshuru muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo iravuga ko hari abarwanyi basezerewe batangiye kujya mu mutwe wa M23 n’indi mitwe y’inyeshyamba itandukanye nyuma yo gutegereza imperekeza bagaheba.
Umwe muri bo akaba yaratangarije Radio Okapi ko basezerewe nta n’amafaranga ijana babahaye ashimangira ko nta bushobozi bafite bwo kuba babona aho barara no kuba batangira kubaka.
Yakomeje avuga ko azi benshi muri bagenzi be barenga 56 barangije kujya mu mitwe y’inyeshyamba irwanya Leta ya Congo.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Sosiyete Sivile ikomeza ivuga ko abayobozi b’inzego z’ibanze bafite ubwoba ko aba barwanyi basezerewe bafite guteza umwiryane ushingiye ku moko bikaba byateza umutekano muke nawo usanzwe utifashe neza muri iyi Teritwari.
Aba barwanyi basezerewe barenga igihumbi bakaba barazanywe muri Rutshuru nyuma yo ku mara imyaka 3 mu bigo bitangirwamo amahugurwa harimo icya Kamina muri Lualaba, Kitona muri Kongo-Central na Kotakoli cyo mu Ntara ya Equateur.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Gabriel Habineza/Bwiza.com
 
 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *