Myugariro Rwatubyaye Abdul w’Ikipe y’Igihugu ‘Amavubi’, yagize imvune ikomeye igomba gutuma amara hanze y’ikibuga amezi umunani.
Rwatubyaye yavunikiye mu mukino wa gicuti ikipe ye ya FC Shkupi yo muri Macedonia y’Amajyaruguru iheruka kunyagirwamo na Lech Poznan yo mu cyiciro cya mbere muri Pologne ibitego 4-1.
Ni umukino wabereye mu mujyi wa Istanbul mu murwa mukuru wa Turkiya ku wa Kabiri w’icyumweru gishize.
FC Shkupi ibinyujije ku rubuga rwayo rwa Internet, yavuze ko Rwatubyaye “yavunitse akaguru k’ibumoso yangirika imitsi, ubu akaba ari i Istanbul aho yamaze kubagirwa.”
Abaganga b’iyi kipe bavuze uyu myugariro wo mu mutima w’ubwugarizi agomba kumara amezi ari hagati y’arindwi n’umunani adakina.
Rwatubyaye Abdul yavunitse mu gihe yari umukinnyi ntasimburwa mu kipe ya FC Shkupi.
Uyu mukinnyi by’umwihariko yaherukaga gushyirwa mu kipe y’abakinnyi 11 beza bitwaye neza mu gice kibanza cya shampiyona ya Macedonia.


