Ni uku umwana yakomerekejwe bituma ahunga mu rugo, yanga gusubirayo

S.A: Umwana w’imyaka 6 yakubitishijwe ishoka na nyirakuru

Sangiza iyi nkuru

Umwana w’imyaka 6 y’amavuko muri Afurika y’Epfo (S.A) avugwaho gukubitishwa ishoka na nyirakuru tariki ya 14 Gashyantare 2020, ubwo yari avuye kwiga mu ishuri ribanza.

Aya makuru yamenywe bwa mbere n’umwe mu barimu, ubwo yashakaga gukinga iri shuri, abanza kureba ibisigaye bitari ku murongo, ni bwo yasanze uyu mwana wari ucyambaye impuzankano y’ishuri, atitira, afite n’ibikomere byinshi mu mugongo.

Uyu mwarimukazi yaganirije uyu mwana mu ijwi rituje, amubaza uko byamugendekeye kugira ngo ahungire mu ishuri. Umwana yamusobanuriye ko nyirakuru yahoze amukubita. Mwarimu yahise abimenyesha bagenzi be bari bakiri ku ishuri, maze bahamagara polisi.

Polisi yarahageze, mu iperereza yakoze itangaza ko umwana yakubitishijwe ishoka na nyirakuru w’imyaka 40 y’amavuko nk’uko ikinyamakuru News 24 cyabitangaje kuri uyu wa 20 Gashyantare 2020.

Ni uku umwana yakomerekejwe bituma ahunga mu rugo, yanga gusubirayo
Ni uku umwana yakomerekejwe bituma ahunga mu rugo, yanga gusubirayo

Umuyobozi wa Polisi mu ntara iri shuri riherereyemo, Lt. Gen. Mondi Zuma aragaya ababyeyi bahohotera abana, aho kubarengera.

Uyu mwana yajyanwe kuvurirwa ku ivuriro rya Mayflower ryegereye aho batuye, birananirana na bo bahita bamwohereza mu bitaro bya Embhuleni kugira ngo yitabweho birushijeho. Nyirakuru we yari yamaze gutabwa muri yombi, arekurwa amaze gutanga ingurane y’amafaranga akoreshwa muri Afurika y’Epfo (Rand) 500, aya arenga amafaranga y’u Rwanda 31,000 (31, 000 RWF). Azitaba urukiko tariki ya 30 Werurwe 2020.

Yagize ati: “ Niba umubyeyi afite inshingano zo kurinda umwana ikibi, akaba ari we uza imbere mu bamuhohotera, umuryango mugari uragana ahabi. Abantu bagomba kwirinda kumarira umujinya bafite ku banyantege nke, inzirakarengane n’abana. Ndasaba abaturage guhagurukira rimwe, bakarwanya ibikorwa nk’ibi bitwangiriza abana, bo ejo heza h’igihugu.”

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *