Saa kumi n’ebyiri nibwo APR FC irakira Rayon Sports

Sangiza iyi nkuru

Kuri uyu wa kabiri tariki 3 Gicurasi ikipe ya APR FC iri ku mwanya wa mbere n’amanota 46 irakira mukeba wayo Rayon Sports iri ku mwanya wa kabiri n’amanota 42 .
Aya makipe yombi ameze nk’aho ariyo angahanganye mu guhatanira igikombe, Rayon Sports iramutse itsinze uyu mukino APR yaba irirusha inota rimwe gusa ikindi n’uko Rayon Sport ifite umukino w’ikirarane izakina na Etincelles FC, ariko APR iramutse itsinze uyu mukino yaba yiyongereye icyizere cyo gutwara igikombe.
rayonapr15
Umutoza wa APR FC, Nizar Khanfir, ugiye gutoza uyu mukino we wa mbere w’aya makipe ati “Turagerageza gukina umukino wacu mwiza, ushoboye atsinde”.

Umutoza wa Rayon Sports, Irambona Masudi Juma wakiniye aya makipe yombi nawe ni ubwa mbere agiye gutoza uyu mukino nawe ati “ Shampiyona ijya gutangira tubizi ko tuzakina na APR FC si bishya, turakina Imana nibishaka turatsinda”.
Yongeraho ati “APR FC ikina umukino wo hasi urumva ko tugomba guhindura uburyo bw’imikinire, gusa gutsinda uyu mukino ni ibintu bikomeye kuko ni ukugana imbere”.
Mu mukino ubanza wa shampiyona aya makipe yanganyije 0-0. Ikipe ya Rayon Sports iheruka gutsinda APR FC mu mukino wo kwishyura muri shampiyona ya 2013-2014, muri Werurwe 2014 umukino warangiye ari ibitego 2-1.
Kwinjira kuri uyu mukino, ni ibihumbi 10 mu cyubahiro, ibihumbi 5 iruhande rwaho, ibihumbi 3 ahatwikiriye n’1000 ahasigaye hose.
Mu yindi mikino itaganyijwe, ikipe ya Bugesera irakira Rwamagana City FC, Amagaju FC ikine na Musanze FC, Espoir FC ikine na Marines, Kiyovu ikine na AS Kigal, Mukura yakire Gicumbi FC naho AS Muhanga ikine na Etincelles FC.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Leki@bwiza.com

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *