Umunya-Sénégal, Sadio Mané, yahishuye ibyo yongoreraga umunya-Misiri, Mohamed Salah basanzwe bakinana muri Liverpool yo mu Bwongereza; nyuma y’umukino wa nyuma w’Igikombe cya Afurika Sénégal yatsinzemo Misiri.
Ku Cyumweru gishize ni bwo Ikipe y’Igihugu ya Sénégal, Les Lions de la Téranga yegukanye Igikombe cya Afurika ku ncuro ya mbere itsinze Les Pharaohs ya Misiri kuri Penaliti 4-2.
Ni nyuma y’uko iminota isanzwe y’umukino na 30 yo guca impaka yari yarangiye amakipe yombi anganya 0-0.
Salah na Mané basanzwe bafatanya kuyobora ubusatirizi bwa Liverpool kuri iyi ncuro bari bahanganye, buri wese arwanirira ishema ry’igihugu cye.
Ubwo umukino wari urangiye Mané yagaragaye hari amagambo asa n’uwongorera Mohamed Salah warangije umukino arira.
Uyu munya-Sénégal aganira n’ikinyamakuru Daily Mail, yavuze ko yabwiraga Salah ko kuba atsindiwe ku mukino wa nyuma atari ryo herezo.
Ati: “Namubwiye ko akiri umukinnyi ukomeye, kandi ko ari iby’agaciro gukinana na we mu ikipe imwe. Ndamwubaha cyane kandi yatanze buri kimwe ku gihugu cye, gusa ku bw’amahirwe make ntabwo yatsinze, ariko ntibivuze ko byari birangiye kuri we.”
Sadio Mané yunzemo ati: “Namubwiye kandi ko afite byinshi byo gutsindira, birimo igikombe cya Afurika cya 2023. Bafite ikipe y’abakinnyi bakiri bato, birashoboka ko bazagitwara umunsi umwe.”
Sadio Mané wari wahishije Penaliti ku munota wa karindwi w’umukino ni we wateye Penaliti ya nyuma yahesheje Sénégal igikombe, mu gihe Salah atagize amahirwe yo gutera kuko yagombaga gutera iya nyuma ya Misiri.
Aba bakinnyi bombi byitezwe ko bazongera guhura bahanganye mu kwezi gutaha, ubwo Sénégal bazaba bishakamo ikipe imwe muri atanu azahagararira Afurika mu Gikombe cy’Isi cya 2022 kizabera muri Qatar.


