Umunya-Ghana Michael Sarpong yongeye gushimangira ko ari rutahizamu udashidikanywaho, nyuma yo gufasha Yanga Africans kwegukana inota rya mbere muri shampiyona ya Tanzania ya 2020/21 yatangiye ku munsi w’ejo.
Yanga Africans yari yakiriye Tanzania Prisons mu mukino w’umunsi wa mbere wa shampiyona ya Tanzania, birangira amakipe yombi aguye miswi igitego 1-1.
Michael Sarpong na numĂ©ro 19 mu mugongo, ni we wafunguriye Yanga amazamu ku munota wa 19 w’umukino, yishyura igitego Lambert Sabiyanka yari yatsindiye Prisons ku munota wa karindwi w’umukino.
Sarpong yatsindiraga Yanga Africans igitego cya kabiri mu mikino ibiri amaze kuyikinira, dore ko yari yanayitsindiye igitego mu minsi ishize itsinda Aigle Noir y’i Burundi ibitego 2-0 ubwo bari bahuriye mu mukino wa gicuti.
Kapiteni w’ikipe y’Igihugu, Haruna Niyonzima, yarangije iminota yose y’uriya mukino ari ku ntebe y’abasimbura, nyuma yo kwimwa umwanya n’umutoza Zlatko Krmpotic.
Mu gihe Yanga Africans yagabanaga amanota na Prisons, ku rundi ruhande Simba SC yo yari yashoboye kwegukana amanota ya mbere muri shampiyona, nyuma yo gutsinda ibitego 2-1 ikipe ya Ihefu yazamutse mu kiciro cya mbere uyu mwaka.
Ni ibitego bya Yassin Mzamilu na Kapiteni John Bocco.
Umunyarwanda Meddie Kagere yinjiye mu kibuga mu gice cya kabiri asimbura anatsinda igitego ku munota wa 74, gusa kiza kwangwa ashinjwa kuba yari yaraririye.
Ni igitego itangazamakuru ryo muri Tanzania ryemeje ko cyari cyo, bijyanye n’uko Kagere yari ku murongo umwe na myugariro wa Ihefu nyuma yo kumusiga agatereka umupira mu izamu n’umutwe.
Indi kipe yo muri Tanzania ifite aho ihuriye n’Abanyarwanda ni Namungo FC itozwa na Thierry Hitimana, yegukanye amanota atatu nyuma yo gutsinda Coastal Union igitego 1-0.
Kuri uyu wa mbere KMC ya Mugiraneza Jean Baptiste ‘Miggy’ irakira Mbeya City, hanyuma Azam FC ya Ally Niyonzima yakire Polisi ya Tanzania.


