Sénégal yongeye gushengura imitima y’Abanya-Misiri, inzozi z’Igikombe cy’Isi RDC imaranye imyaka 48 zirangizwa na Maroc

Sangiza iyi nkuru

Ikipe y’Igihugu ya Sénégal, Les Lions de la Téranga yongeye gushengura imitima y’abanya-Misiri, nyuma yo kongera kubatsinda ikababuza itike y’Igikombe cy’Isi.

Sénégal yatsinze Misiri banganyaga igiteranyo cy’igitego 1-1 kuri penaliti 3-1, ihita yinjira mu makipe y’ibihugu atanu azahagararira umugabane wa Afurika mu gikombe cy’Isi cya 2022 kizabera muri Qatar.

Mu kwezi gushize ni bwo amakipe yombi yari yahuriye ku mukino wa nyuma w’Igikimbe cya Afurika cyaberaga muri Caméeoun, birangira Sénégal igitwaye nyuma yo gutsinda Misiri bari baguye miswi 0-0 kuri za Penaliti.

Byari byitezwe ko aba Barabu bo mu majyaruguru bihorera ku banya-Sénégal na bo bakababuza kwitabira Igikombe cy’Isi.

Mu cyumweru gishize aba ba-Pharaohs bari bashoboye gutsinda Sénégal igitego 1-0 mu mukino ubanza wari wabereye kuri Stade Olympique y’i Cairo.

Ni igitego cyari cyitsinzwe na myugariro w’iburyo Saliou Ciss ari ku munota wa kane.

Byasabye umunota wa kane wonyine w’umukino kugira ngo Sénégal yishyure iki gitego ubwo yari yakiriye Misiri mu mukino wo kwishyura waraye ubereye kuri Stade ya Abdoulaye Wade.

Igitego cyitsinzwe na myugariro Hamdy Fathy Abdelhalim Abdelfattah ni cyo cyafashije Les Lions de la Téranga kuyobora umukino hakiri kare.

Sénégal yakomeje kotsa igitutu Misiri yagiye irokorwa n’umunyezamu wayo, gusa iminota 90 y’umukino na 30 yinyongera irangira rwabuze gica.

Rutahizamu Sadio Mané wa Liverpool ni we wongeye gutsinda Penaliti yahesheje Sénégal itike y’Igikombe cy’Isi, mu gihe mugenzi we Mo Salah yaje kuyihusha.

Sénégal izajyana mu gikombe cy’Isi n’ibihugu birimo Ghana yasezereye Nigerie ku gitego cyo hanze, nyuma yo kunganyiriza i Abuja igitego 1-1.

Indi kipe yafashijwe n’igitego cyo hanze ni Caméroun yatunguranye ijya gutsindira Algérie i Algies ibitego 2-1.

Amakipe yombi yanganyaga igiteranyo cy’igitego 2-2 kuko Algérie yatsindiye igitego 1-0 mu mukino ubanza wabereye muri Caméroun, gusa isezererwa kubera gutsindirwa ibitego byinshi iwayo.

Tunisia yaguye miswi na Mali 0-0 na yo izaba ihagarariye Afurika muri Qatar, nyuma yo gufashwa gukomeza n’igitego 1-0 yari yaratsindiye mu mukino ubanza wabereye i Bamako.

Undi mukino wari utegerejwe na benshi ni uwahuje Les Lions de l’Atlas ya Maroc yari yakiriye Les Léopards ya Congo Kinshasa, nyuma y’umukino ubanza amakipe yombi yari yahuriyemo kuri Stade des Martyrs agwa miswi igitego 1-1.

RDC yifuzaga gukina Igikombe cy’Isi iherukamo mu myaka 48 ishize, inzozi zayo zarangiriye i Casablanca nyuma yo kuhanyagirirwa ibitego 4-1; isezererwa kuri 5-2.

Ibitego bibiri bya Azzedine Ounahi, icya Tarik Tissoudali ndetse n’agashinguracumu ka myugariro Achraf Hakimi ni byo byafashije Maroc kunyagira RDC.

Byasabye umunota wa 77 n’umukino ngo Abakongomani babone impozamarira binyuze kuri Ben Malango.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *