img-20240720-wa0004.jpg

Shaiboub wakiniraga APR FC yaguzwe miliyoni 131 Frw

Sangiza iyi nkuru

Umunya-Sudan Sharaf Eldin Shaiboub Ali uherutse gutandukana n’ikipe ya APR FC kuri ubu iri kubarizwa muri Tanzania yasinye mu ikipe ya Al Hilal Benghaz yo muri Libya.

Uyu mukinnyi yasinye muri iyi kipe amasezerano y’imyaka ibiri avuye muri APR FC yagezemo umwaka ushize akayifasha kwegukana igikombe cya Shampiyona idatsinzwe.

Ikinyamakuru Africa Transfer Market gitangaza ko uyu musore ukina mu kibuga hagati yaguzwe amafaranga ibihumbi ijana by’amadorali y’amerika ($100,000) ni ukuvuga arenga miliyoni 131 z’amafaranga y’u Rwanda.

Sharaf Eldin Shaiboub Ali yari asigaranye amasezerano y’umwaka umwe muri APR FC bivuze ko ayo Al Hilal Benghaz yamutanzeho impande zombi zayagabanye.

Kugeza ubu nta mufana wa APR FC wigeze ushidikanya ku buhanga bwa Shaiboub ndetse bacyumva ko agiye gutandukana na yo baratunguwe.

Mu mwaka umwe Shaiboub yakinnye muri APR FC, yayifashije kwegukana igikombe cya Shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Rwanda idatsinzwe. img-20240720-wa0004.jpg

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *