Ikipe ya Rayon sport iyoboye urutonde rw’agateganyo rwa Shampiyona ndetse iri no kwitegura umukino w’ishiraniro uzayihuza na mukeba w’ibihe byose mu mukino utaha yananiwe kwikiza ikipe ya Etincelles kuri ubu iri ku mwanya wa munani, umukino warangiye zinganya ubusa ku busa.
Mu mukino wagaragaragamo guhangana no kwatakana ku mpande zombi waraje gusozwa nta kipe ibashije kureba mu mazamu y’iy’indi n’ubwo Rayon sport ari yo yari yakiriye ndetse yanahabwaga amahirwe yo gutahukana itsinzi yo ku munsi wa 13 wa Shampiyona.
Muri uyu mukino byagaragaye ko ikipe ya Rayon sport ishobora kuba yari yahisemo kuruhutsa bamwe mi bakinnyi bayo bakomeye mu rwego rwo kwitegura umukino uzayihuza na APR FC ku wa 21 Mutarama 2017 ku munsi wa 14 wa Shampiyona.
Bamwe mu bakinnyi ba Rayon sport basanzwe babanza mu ikibuga nka Moussa Camara na Eric Bakame ari nawe Kapiteni w’iyi kipe n’abandi benshi bari baruhukijwe, ibi bishobora kuba byabaye imwe mu mpamvu zatumye iyi kipe y’i Nyanza itabasha gutsinda Etencilles n’ubwo ari yo yari yayakiriye kuri stade ya Kigali i Nyamirambo.
Urutonde rw’Abakinnyi 11 ba Rayon sport babanje mu kibuga : Mutuyimana Evariste, Rwigema Yves, Eric Irambona , Munezero Fiston, Niyonzima Olivier Sefu, Mugheni Fabrice, Kwizera Pierrot, Manishimwe Djabel, Nsengiyumva Moustapha, Nahimana Shassir, Nshuti Dominique Savio
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Mu yindi mikino yabaye kuri iki cyumweru Musanze FC yihereranye Mukeba wayo Gicumbi FC iyitsinda 2-0, Kirehe FC nayo ntiyabashije kwihagararaho iwayo aho yatsindiwe na Amagaju FC 2-1.
Mu mikino yabaye kuri uyu wa gatandatu AS Kigali yatsinzwe na Kiyovu vs ibitego 2 kuri 1, Espoir FC inganya na Police FC 0-0, Pepiniere FC ikomeza kugirwa insina ngufi ubwo yatsindwaga na Bugesera FC 2 kuri 1 naho Sunrise FC inganya na Mukura VS ubusa ku busa.
Umukino rukumbi wabaye ku wa gatanu wahuje APR FC na Amagaju FC warangiye APR FC itsinze ibitego 2 ku busa.
Kugeza ubu Rayon Sport iracyayoboye n’amanota 33, izahura na APR FC kuri uyu wa gatandatu ya kabiri yo ifite amanota 30.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter


