Shampiyona ya Tanzania igiye kujya ikoreshwamo VAR

Sangiza iyi nkuru

Ikoranabuhanga ryunganira abasifuzi rizwi nka VAR, riratangira gukoreshwa muri shampiyona y’ikiciro cya Mbere muri Tanzania umwaka utaha w’imikino wa 2024-2025 nk’uko byemejwe na Minisitiri w’intebe w’iki gihugu gituranyi cy’u Rwanda, Kassim Majaliwa.

Ku wa Mbere w’iki cyumweru tariki ya 15 Nyakanga 2024 nibwo muri Tanzania hatagajwe ku mugaragaro ko bazakoresha VAR muri shampiyona. Umuhango wo gutangaza iki gikorwa wari uyobowe na Minisitiri w’intebe, Kassim Majaliwa.

VAR yatangijwe mu mupira w’amaguru muri Tanzaniya mu rwego rwo gushyira ingufu mu iterambere ry’umupira w’amaguru no kunoza imisiburire y’imikino hagabanywa amakosa y’abantu.

Minisitiri w’intebe Majaliwa yagize ati: “Hamwe na VAR, nta gushidikanya ko imikorere y’abasifuzi bacu izatera imbere, bigatuma hafatwa ibyemezo mu mucyo kandi mu mucyo.”

Akomeza atangaza ko VAR yaje no mu rwego rwo kwitegura kwakira igikombe cy’Afurika 2027 (AFCON) Tanzania izakira ifatanyije na Kenya na Uganda.

Azam Media Limited niyo yazanye ibikoresho bya VAR muri Tanzania ndetse bitangazwa ko ari nayo izajya ibikoresha.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *